Davis D na Kevin Kade baritaba Ubushinjacyaha ku cyaha cyo gusambanya umwana baregwa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abahanzi nyarwanda, Davis D na Kevin Kade kimwe n'umusore witwa Habimana Thierry baritaba Ubushinjacyaha ku nshuro ya kabiri ku cyaha baregwa cyo gusambanya umwana n'ubufatanya cyaha mu gusambanya umwana utarageza imyaka y'ubukure.

Ku ikubitiro Urwego rw'Ubugenzacyaha bwafashe Habimana Thierry ari nawe ushinjwa gusambanya umwana, tariki ya 21 Mata hafashwe Kevin Kade ni mu gihe Davis D yafashwe tariki ya 24 Mata 2021 aguwe gitumo ubwo yari mu kiganiro cyanyuraga Live kuri Instagram.

Ku munsi w'ejo nibwo aba uko ari batatu bitabye Ubushinjacyaha ariko ibazwa ryabo rirasubikwa bitewe n'uko Davis D yafashwe nyuma y'abandi ariko ntibabazwa n'Ubugenzacyaha, uyu bakaba ari bwo bari bwongere kwitaba Ubushinjacyaha.

Ibi byaha baregwa babikoze tariki ya 18 na 19 Mata 2021 aho byakorewe muri Kicukiro, nyuma yo gufatwa bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo i Nyamirambo.

Davis D arafunzwe
Kevin Kade na we arafunzwe



Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/davis-d-na-kevin-kade-baritaba-ubushinjacyaha-ku-cyaha-cyo-gusambanya-umwana-baregwa

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)