Caleb Rwamuganza, Serubibi na Rwakunda bahanishijwe igifungo cy’imyaka itandatu -

webrwanda
0

Caleb Rwamuganza wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Minecofin yareganwaga hamwe na Christian Rwakunda wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (Mininfra).

Mu bandi baregwaga kandi harimo Serubibi Eric wahoze ari Umuyobozi w’Ikigo cya Leta gishinzwe imyubakire (RHA) na Kabera Godfrey wari ushinzwe igenamigambi muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi.

Bari bakurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha nabi umutungo wa Leta ufitiye rubanda akamaro, gutanga isoko rya Leta binyuranyije n’amategeko no kugira akagambane n’upiganira isoko rya Leta.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ibyaha bashinjwa byakorewe ku isoko ry’inzu yaguzwe igahendesha Leta aho yaguzwe 9 850 000 000 Frw nyamara umugenagaciro yari yagaragaje ko ikwiriye kugurwa atarenze 7 600 000 000 Frw.

Ku wa 31 Werurwe nibwo umwanzuro mu rubanza rwabo wasomwe, maze umucamanza ategeka ko bafungwa imyaka itandatu nyuma yo kubahamya ibyaha byose bakurikiranwagaho.

Usibye igifungo, bose bategetswe gutanga ihazabu ya miliyoni 3 Frw no gusubiza mu isanduku ya 1.804.727.200 Frw.

Aba bagabo bose baburanye bahakana ibyaha, bavuga ko ahubwo ibyo bakoze mu igurwa ry’inzu ritari rigamije guhombya leta ahubwo ko bakoze ibishoboka byose ngo idahendwa.

Rwamuganza yahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi
Rwakunda Christian wahoze ari Umunyamabanga uhoraho muri Mininfra yavuze ko ibyo yakoze byose byubahirije amategeko
Serubibi Eric wahoze ayobora Rwanda Housing Authority yahakanye ibyo aregwa



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)