Imikino y'ikipe ya APR FC yimuriwe kuri Stade Huye aho kuba kuri Stade Amahoro nk'uko byari biteganyijwe.
Ingengabihe ya shampiyona yo mu cyiciro cy'amatsinda yasohotse yari yagaragaje ko ikipe ya APR FC iri mu itsinda A kumwe na Bugesera FC, AS Muhanga na Gorilla FC yagaragaje ko iyi kipe izakirira kuri Stade Amahoro.
APR FC ikaba yarasabye ko imikino yayo yazayakirira kuri Stade ya Huye.
Amakuru ISIMBI yamenye ni uko umutoza wa APR FC, Adil Erradi ari we wabisabye abayobozi be ko babisaba kuko yitoreza ku itapi kandi Stade Amahoro akaba ari ikibuga cy'ibyatsi.
APR FC izajya yakirira imikino yayo i Huye
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-imikino-yayo-yimuriwe-ikibuga