Rubavu: Umuyaga wasenye inzu 46 -

webrwanda
0

Umuyobozi w’Akarere, Habyarimana Gilbert, aherekejwe n’Ubuyobozi bw’inzego z’umutekano yahumurije abaturage abizeza ubufasha anabasaba kuzirika ibisenge.

Ati “Turabizeza ubufasha ndetse n’ubufatanye mu gusana izi nzu zasenywe n’ibi biza ariko turabibutsa kubaka inzu zikomeye kandi zikazirikwa ibisenge ndetse mugatera n’ibiti bifata umuyaga kugira ngo hakumirwe ibi biza n’ingaruka zabyo.”

Imirenge y’Akarere ka Rubavu ihana imbibi n’ikibaya cya Congo n’Ibirunga bya Nyiragongo na Kalisimbi ariyo Bugeshi, Busasamana na Cyanzarwe ikunze guhura n’ikibazo cy’imvura n’umuyaga ukomeye bita isata ukunze gusenya inzu.

Umuyaga wari uherutse gusenyera inzu 35 zo mu Murenge wa Cyanzarwe na 12 zo mu Murenge wa Busasamana. Zasenywe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuwa 26 Nzeri 2020, icyo gihe iyo miryango yahawe ubufasha bw’amabati 775.




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)