Ronaldinho akomeje koreka ubuzima bwe nyuma y'urupfu rw'umubyeyi we yakundaga cyane. – YEGOB #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umunyabigwi muri ruhago ,Ronaldinho Gaucho aravugwaho kugira imyitwarire idasanzwe nyuma yuko apfushije umubyeyi we yakundaga cyane aho bivugwa ko asigaye yiyahuza inzoga mu buryo bukabije akanywa amanwa n'ijoro.

Nyina wa Ronaldinho yitabye Imana afite imyaka 71.

Mu ntangiriro z'umwaka ushize wa 2020, nibwo Ronaldinho n'umuvandimwe we bafatiwe muri Paraguay barafungwa nyuma yo gukoresha ibyangombwa by'ibihimbano.

Nyuma y'amezi atanu Ronaldinho n'umuvandimwe we Roberto Moreira bararekuwe basubira muri Brazil, gusa uyu wamamaye muri FC Barcelona yahinduye imyitwarire atangira kunywa inzoga nyinshi cyane kuruta izo yanywaga mbere.

Ibi byaje gufata indi ntera ikomeye cyane ubwo Ronaldinho yaburaga nyina umubyara, Dona Miguelina mu kwezi gushize kwa Gashyantare.
Inshuti za hafiz a Ronaldinho zatangaje ko zitewe ubwoba n'uburyo asigaye anywa inzoga nyinshi zirenze urugero nk'uko tubikesha the Sun.

Izo nshuti za Ronaldinho zagize ziti: 'Buri munsi biba ari ibirori.'Ronaldinho yatangiye kunywa inzoga zikaze zirimo vodka, whiskey na gin, kandi ahera mu gitondo anyway kugeza mu kindi giondo.'Ntabwo ri ibintu bimaze igihe kirekire cyane, gusa byabaye akarusho nyuma y'urupfu rwa nyina.Ahora mu birori, kandi aba afite buri kimwe.Inshuti ze nyinshi zituruka Rio zije kumureba kubera ko aba ari wenyine aho atuye.Aba afite icyocyezo iwe, inzoga n'umuziki.'Abaho mu buzima yumva ashaka, Ronaldinho afite umutima ukomeye kandi agerageza kubanira neza inshuti ze.Gusa ntabwo inshuti ze zose ari nziza kuko hari n'izimugirira nabi'.

Leave your vote

Comments

0 comments



Source : https://yegob.rw/ronaldinho-akomeje-koreka-ubuzima-bwe-nyuma-yurupfu-rwumubyeyi-we-yakundaga-cyane/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)