Reba ikiraro cyubatswe bitangaje gikurura ba mukerarugendo ibihumbi 200.000 buri mwaka mu Bushinwa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kubera iki kiraro cyubatswe mu buryo butangaje,abakerarugendo barenga ibihumbi 200.000 buri mwaka berekeza mu Bushinwa bagiye kukireba.

Iki kiraro cyitwa Ruyi giherereye mu ntara ya Zhejiang cyubatswe muri 2017, ariko gifungurwa muri 2020.

Iki kiraro cyubatswe neza cyane,cyashushanyijwe n'umuhanga kirubakwa byatumye bamwe mu bakirebye mu mafoto bavuga ko kitabaho niko kwiyemeza kujya kukireba.

Benshi baratunguwe byatumwe umwe yandika ati 'Nakenera ibyuma byinshi byo gufataho mpageze.Undi yagize ati 'Ndabona ari ukubeshya.'

Iki kiraro n'uruganda rukomeye rw'ubukerarugendo Ubushinwa bwakoze kuko ubu gisurwa n'abantu basaga 200,000 buri mwaka bashaka kujya ku misozi 2 gihuza.

Uwashushanyije iki kiraro yitwa jade ruyi, ndetse ngo yagikoze kugira ngo kibe ikimenyetso cy'ubukungu bw'Ubushinwa.

Iki kiraro gishushanyije gikoze ijisho ndetse gihuza umuhanda wo hasi n'uwo hejuru zimeze nk'uruziga.

Ubushinwa nicyo gihugu gifite agahigo k'ikiraro kirekire kiri no mu kirere cyane kurusha ibindi byose ku isi.








Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/reba-ikiraro-cyubatswe-bitangaje-gikurura-ba-mukerarugendo-ibihumbi-200-000

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)