Perezida Kagame yakiriye Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth -

webrwanda
0

Uruzinduko rwa Scotland rugamije kurushaho kurebera hamwe aho imyiteguro y’Inama y’Abakuru b’Ibihugu na Guverinoma zigize Commonwealth (CHOGM) igeze; iyi nama izabera mu Rwanda ku Cyumweru cyo ku wa 26 Kamena 2021.

Mbere yo kubonana na Perezida Kagame, Scotland yanahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, baganira ku ngingo zirimo icyorezo cya COVID-19 ndetse na gahunda mpuzamahanga yo kurwanya imihindagurikire y’ibihe.

Scotland abinyujije kuri Twitter yagize ati “Nishimiye kugaruka mu Rwanda. Muri iki gitondo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, n’itsinda rye bangejejeho imyiteguro y’u Rwanda ku kwakira inama ya CHOGM 2021 izaba muri uyu mwaka.”

Mu gihe habura amezi atatu gusa kugira ngo abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 54 zigize Commonwealth bahurire i Kigali, amatsinda ya Commonwealth akomeje gusimburanwa mu Rwanda areba aho imyiteguro igeze.

Abaheruka ni itsinda ry’intumwa za Commonwealth, ryishimiye aho igihugu kigeze imyiteguro yo kwakira inama ya CHOGM.

Icyo gihe Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imiyoborere n’Amahoro muri Commonwealth, Luis G Franceschi, yavuze ko imyiteguro ikomeje kugenda neza.

Yagize ati “Uyu munsi twasuye site zizaberaho CHOGM 2021. Twishimiye uburyo imyiteguro iri kugenda ndetse twishimiye kubona u Rwanda na Afurika bikomeza imyiteguro”.

U Rwanda rwemerewe kwakira Commonwealth mu mwaka wa 2018, kuva icyo gihe rutangira imyiteguro ikomeye yo kwitegura iyo nama, yaranzwe no kubaka ndetse no kwagura ibikorwa remezo birimo imihanda n’ibindi bitandukanye.

Perezida Kagame yakiriye mu Biro bye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth, Patricia Scotland, bagirana ibiganiro byihariye
Scotland yakiriwe ari kumwe n'itsinda rimuherekeje

Amafoto: Village Urugwiro




Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)