Nyanza: Ba gitifu babiri beguye nyuma yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abasezeye ni Kamanayo Jean Damascène wayoboraga akagari ka Mututu mu Murenge wa Kibirizi na Uwimana Theoneste wayoboraga aka Gahunga mu Murenge wa Nyagisozi.

Bandikiye Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza kuri uyu wa Mbere bamumenyesha ko basezeye ku kazi kuko batakigashoboye.

Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yabwiye IGIHE ko abo bayobozi bombi banditse nyuma yo gufatirwa mu tubari barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 ndetse umwe muri bo akurikiranyweho no gukubita umuturage.

Yagize ati 'Ikosa rya mbere ni uko bombi bafatiwe mu tubari barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. Uwo mu Kagari ka Gahunga mu Murenge wa Nyagisozi we akurikiranyweho n'icyaha cyo gukubita umuturage, RIB iri kubikurikirana.'

Ntazinda yavuze ko nyuma yo kubona amabaruwa yabo basezera bavuga ko batagishoboye akazi, igikurikiyeho ari ugushaka abandi bayobozi bazayobora utwo tugari.

Yasabye abaturage gukomeza kubahiriza gahunda nziza za Leta n'amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Ifoto igaragaza Umujyi wa Nyanza mu Ntara y'Amajyepfo

[email protected]




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-ba-gitifu-babiri-beguye-nyuma-yo-kurenga-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-covid

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)