Nyabugogo: Abakoresha ubwiherero rusange barataka igiciro cyabwo gihanitse -

webrwanda
0

Ubusanzwe iyi gare ifite ubwiherero rusange aho umuntu abanza kwishyura amafaranga 100 Frw mbere yo kubukoresha. Abahakorera umunsi ku wundi bavuga ko aya mafaranga ari menshi kuko umuntu ashobora gukenera ubwiherero inshuro nyinshi ku munsi.

Uwizeye Anicet udodera inkweto muri Gare ya Nyabugogo, yabwiye IGIHE ko hari ubwo umuntu akenera ubwiherero kandi amafaranga yamushiranye, asaba ko harebwa uburyo bajya boroherezwa.

Ati ”Ubwiherero rusange burakenewe kuko hari igihe umugenzi aza amafaranga yamushiriyeho bigahurirana n’uko nta yandi afite, nanjye nshobora kujyayo nka gatanu ku munsi bitewe n’icyayi cyinshi nanyoye, bigatuma najyayo buri saha.”

Yavuze ko kujyayo inshuro nyinshi bishobora kumukenesha ndetse no kumuteranya n’umuryango we.

Ati ”Niba nanjye nkeneye kugira iposho ntanga mu rugo, icyo gihe hari ikigabanuka. Niba ngomba gutanga 3000 Frw ku munsi, ubwo ntanga 2500 Frw”.

Undi ukorera muri iyi gare utanga servisi za Mobile Money, ariko utifuje ko amazina ye atangazwa, yavuze ko igiceri cy’ijana ari cyinshi bityo ko hashyirwaho nibura 50 Frw.

Ati “Twarababwiye ngo tujye tubaha igiceri cya 50 Frw barabyanze, kubera ko igihe cyose tuba turi hano ntabwo batugabanyiriza barabyanze. Udafite igiceri cy’ijana ntabwo wajyayo kandi ntibanakwemerera. Iyo ubishatse cyane urihangana cyangwa ukajya mu baturanyi. N’iyo bakatura wenda bagashyira kuri 50 Frw kuko ijana ni menshi rwose.”

Usibye ikibazo cyo muri iyi gare, hari abakorera mu isoko rito rizwi nka Malato bavuga ko nta bwiherero bafite, kuko ubuhari bukoreshwa n’abakora mu mashini zisya imyumbati.

Umwe utifuje ko amazina ye atangazwa yavuze ko iyo bagerageje kuvuga ko nta bwiherero bafite, hari ubwo umuntu abuzwa gukorera muri iryo soko.

Ati “Nta bwiherero dufite, ubuhari ni ubw’abakorera mu nzu za ruguru [avuga mu basya imyumbati] kandi iyo ugerageje kubivuga bakugendaho bakakubuza gukora.”

Yavuze ko hari abajya biherera ruguru y’isoko, ibintu bishobora gukurura indwara ziterwa n’umwanda.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko kwishyura igiceri cy’ijana ku bakoresha ubwiherero rusange bigomba gukomeza kuko bifasha kwishyura ibikoresho by’isuku n’usukura ubwo bwiherero.

Bagize bati “Igiceri cya 100 Frw gifasha kwishyura abakozi basukura ubwo bwiherero, kugura impapuro z’isukura, kwishyura amazi yakoreshejwe n’ibindi bigamije kunoza isuku y’ubwo bwiherero."

Ku kibazo cy’isoko rito rya Malato ritagira ubwiherero, Umujyi wa Kigali wavuze ko ugiye gukorana n’ubuyobozi bw’isoko kugira ngo bukemure icyo kibazo.

Umujyi wa Kigali uvuga ko hari umushinga wo kubaka ubwiherero 42 hirya no hino mu bice by’umujyi ahahurira abantu benshi. Kugeza ubu, ubwiherero burindwi muri ubwo 42 bwarangije kubakwa.

Isoko rusange nta bwiherero rigira
Ubwiherero rusange bwishyurwa amafaranga 100 Frw henshi mu Mujyi wa Kigali



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)