Nta butinganyi muri kiliziya -Papa yashwishurije ababana bahuje ibitsina -

webrwanda
0

Papa Francis yafatwaga cyane n’amatsinda y’ababana bahuje ibitsina ‘nk’umuyobozi wifitemo impinduramatwara mu myizerere ya Kiliziya Gatorika’ binyuze mu kuvugurura amahame yayo ndetse no kuyajyanisha n’igihe.

Ibi byaturukaga ku magambo uyu Muyobozi wa Kiliziya Gatorika yakunze kugenda avuga mu bihe bitandukanye, asa nk’ashyigikira uburenganzira bw’ababana bahuje ibitsina, akavuga ko ‘na bo ari abana b’Imana bakwiye kuba mu miryango, kandi bagashyirirwaho amabwiriza akwiye kubagenga’.

Nko mu mwaka ushize, Papa yagize ati “Ababana bahuje ibitsina bafite uburenganzira bwo kuba mu muryango. Ni abana b’Imana kandi bafite uburenganzira bwo kuba umuryango. Nta muntu ukwiye kwirengagizwa no kujugunywa cyangwa guhabwa akato kubera ko akunda abo bahuje igitsina. Icyo dukwiye gukora ni ugushyiraho amategeko agenga imiryango bahuriramo, ku buryo bagira amategeko abarengera”.

Ibi byose ariko byahindutse kuri uyu wa Mbere, ubwo Kiliziya Gatolika yacaga iteka, ikavuga ku mugaragaro ko kubana n’abo muhuje igitsina ari “Icyaha kuko ari amahitamo y’umuntu kandi adafatwa nk’ayashyizwe mu mugambi w’Imana”.

Bavuze ko bisanzwe ari “Ikizira guha umugisha imiryango icana inyuma, bityo ko ari n’ikizira guha umugisha ababana bahuje ibitsina”.

Itangazo ryamagana ibikorwa by’ababana bahuje ibitsina muri Kiliziya Gatolika ryashyizweho umukono na Papa Francis ubwe, nk’ikimenyetso simusiga cy’uko uwo ari umurongo ntakuka w’iryo dini riri mu yakomeye kuri iyi Isi.

Kuba Kiliziya Gatolika yitandukanyije n’iyi myemerere y’ababana bahuje ibitsina ni igihombo gikomeye cyane ku miryango isanzwe ibakorera ubuvugizi, kuko yabonaga Papa nk’umwe mu bantu bashobora gutuma ijwi ryabo ryumvikana cyane ku Isi cyane ko nawe ari umuntu wubashye kandi uvuga rikijyana.

Papa Francis yaciye iteka, yamagana ababana bahuje ibitsina/ Ifoto: Reel



Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)