Burya inyamaswa zigira ubwenge butangaje! Muri Tanzania, haravugwa umwana w'umuhungu watoraguwe n'inkende mu ishyamba yarajugunywe na Nyina.
Amakuru avuga ko hari umuntu wibarutse umwana ajya kumuta mu ishyamba rya Bukombe riherereye mu ntara ya Geita muri Tanzania. Yamutaye ari muzima, inkende imugezeho iramutora itangira kumwitaho ari muto ikamuha imbuto zo mu ishyamba n'imineke.
Inkende yamaranye n'uyu mwana witwa Joseph Bukombe imyaka 2. Amakuru yaje kumenyekana ubwo ba mukerarugendo bajyaga mu ishyamba bakabona inkende ikikiye inasimbuka mu biti ifite umwana w'umuntu muto cyane w'ibiro bike, baratangara bamenyesha abarinzi b'iryo shyamba.
Abaturage bashatse gufata umwana ngo asubire mu buzima busanzwe bamwambure iyo nkende maze ibabera ibamba iramwimana. Byabaye ngomba ko inkende bayica bagafata umwana kuko nta bundi buryo bwari busigaye kuko kuyirukana ku neza yari yaratsimbaraye.
Joseph Bukombe Mabula, yasubijwe mu buzima busanzwe maze ajyanwa ku kigo cya Upendo Daima cya Malimbe mu gace ka Mwanza. Uyu mwana kwisanga mu bandi byaragoranye cyane nk'uko umuyobozi w'iki kigo yabitangarije Millardayo yamusuye ku kigo. Yavuze ko uyu mwana yari umunyamahane akigera mu bandi, agaterana amabuye maze akagorwa no kubora icyo kurya kuko atari abimenyereye.
Src: inyarwanda
Comments
0 comments
Source : https://yegob.rw/inkende-yahisemo-urupfu-aho-kubura-umwana-wumuhungu-yareze-mu-gihe-cyimyaka-ibiri/
