Abatuye muri aka gace bavuze ko babonye amaraso hafi y’urugo rwa nyakwigendera ku itariki ya 26 werurwe 2021 ariko nyuma baza gutungurwa no gusanga umurambo we ahandi.
Byatumye batangira gukeka ko yaba yarishwe maze abakoze ubwo bugizi bwa nabi bakajya kumujugunya.
Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye IGIHE ko iperereza ku rupfu rw’uyu mugabo ryatangiye.
Ati “Amakuru yo ni yo umurambo waragaragaye ku mugezi ugabanya umurenge wa Karama n’uwa Nyaruguru.”
Umurambo wahise ujyanwa ku bitaro gusuzumwa kugira ngo hamenyekane icyishe uyu mugabo ndetse iperereza ryatangiye gukorwa. Bivugwa ko hari abantu bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa Nyirimana.