Abarenga ibihumbi 10 bamaze kwiyandikisha, icyizere kuri Rayon Sports ku muterankunga witeguye gutanga miliyoni 400 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Nyuma y'iminsi 3 gusa hatangijwe igikorwa cyo kubarura abafana b'ikipe ya Rayon Sports, ubu abarenga ibihumbi 10 bamaze kwiyandikisha.

Ku wa Gatanu w'icyumweru gishize ku wa 26 Gashyatare 2021, Rayon Sports yatangije uburyo bwo kubarura abafana bayo bose mu gihugu no ku Isi, aho kwiyandikisha ari ugukanda *702#(ni uburyo buzwi nka USSD Code).
Umuvugizi wa Rayon Sports, Jean Paul Nkurunziza akaba yabwiye ISIMBI ko nyuma y'iminsi 3 abamaze kwiyandikisha barenga ibihumbi 10.

Ati'abantu bamaze kwiyandikisha barenga ibihumbi 10. Buri munota barimo kwiyandikisha ariko dukeneye ko biyandikisha kuko bizadufasha kuganira n'umuterankunga dufite imibare iri hejuru.'

Ubu Rayon Sports iri mu biganiro n'umuterankunga witeguye gutanga amafaranga y'u Rwanda agera kuri miliyoni 400 ku mwaka, ariko ibi byose bizaterwa n'imibare izagaragazwa n'iri barura.

Ati'twe hari umuterankunga witeguye kwishyura agera kuri miliyoni 400. Ariko byose bizashingira ku mibare izava muri iri barura kuko urumva turavuga ngo dufite abafana benshi, na we akatubaza ngo bangahe? Ubu rero nibyo turimo.'

Rayon Sports ikaba ikomeje gushishikariza abakunzi bayo kwiyandikisha, iyo umaze kwiyandikisha ahita ahabwa nimero imuranga yihariye, kwiyandikisha ni amafaranga 300.

Amakuru ISIMBI yamenye ni uko mbere y'uko uku kwezi kurangira bazicarana n'uyu muterankunga bamwereke aho imibare igeze.

Rutahizamu Sugira Ernest yiyandikishije mu bakinnyi ba mbere
Abafana Rwarutabura na Malaika biyandikishije mu ba mbere



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/abarenga-ibihumbi-10-bamaze-kwiyandikisha-icyizere-kuri-rayon-sports-ku-muterankunga-witeguye-gutanga-miliyoni-400

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)