Mushambokazi Jordan uri mu bakobwa b'uburanga banyuze muri Miss Rwanda yakoze ubukwe [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Uyu mukobwa wari ukunzwe na benshi kuri Instagram,yamaze gukora umuhango wo gushyingirwa uzwi nka Nikkah ugendanye n'amahame y'idini ya Islam we n'umukunzi we babarizwamo.

Aba bombi basezeranye ku wa Gatandatu tariki 30 Mutarama 2021, nk'uko byashimangiwe na Sheikh Ndayisenga Ashraf wanditse kuri konti ye ya Instagram agashyiraho ifoto yicaye mu ntebe, akavuga ko yari mu muhango wo gusezeranya Karim na Mushambokazi.

Ati 'Uko niko twari twahabaye ku wa Gatandatu tariki 30 Mutarama 2021, ubwo umuvandimwe Karim na Mushambokazi basezeraga ku buseribateri.'

Mu Uguhyingo 2020,aba bombi bari bashyize hanze ubutumire bwerekanaga ko bazakora ubukwe mu minsi ibiri itandukanye, ku wa 23 Mutarama 2021 no ku wa 30 Mutarama 2021.

Mu Ukwakira 2020, ni bwo Mushambokazi yakiriwe mu Idini ya Islam mu muhango witabiriwe n'abarimo muhanzi Tizzo, Sheikh Ndayisenga Ashraf wamwakiriye n'abandi.

Mushambokazi ari mu bakobwa bakurikirwa cyane kuri Instagram cyane ko abarenga ibihumbi 88, bahoza ijisho ku mafoto y'ikimero akunda gushyiraho.

Mu 2018 yitabiriye Miss Rwanda ahagarariye Intara y'Amajyepfo, abasha kugera muri 20 bitabiriye umwiherero ariko ntiyagira amahirwe yo kugira igihembo na kimwe yegukana.






Mushambokazi wakundwaga n'abiganjemo abagabo yakoze ubukwe



Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/imibereho/article/mushambokazi-jordan-uri-mu-bakobwa-b-uburanga-banyuze-muri-miss-rwanda-yakoze

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)