Rutahizama w'Amavubi na Gasogi United FC Iradukunda Jean Bertrand wari witezwe gufasha Amavubi mu mukino wa nyuma w'Amatsinda ntagikinnye kubera imvune y'ivi yagize mu myitozo yabaye ku cyumweru.
Nkuko Ishyirahamwe ry'Umupia w'Amaguru mu Rwanda 'FERWAFA' imaze kubitangaza ku rukuta rwa Twitter, Bertrand azamara hagati y'iminsi 10 na 14 hanze y'ikibuga nyuma yo kugongana na Rutanga Eric mu myitozo ya tariki 24 Mutarama 2021 i Limbe.
Bertrand wari mu bashobora kubanza mu kibuga ku mukina u Rwanda ruhuriramo na Togo ashobora gusimbuzwa Byiringiro Lague wa APRFC.
Bertrand abaye umukinnyi wa kabiri utazafasha Amavubi nyuma y'Uko Nsabimana Eric 'Zidane' ukina mu kibuga hagati mu Mavubi no muri AS Kigali nawe utazakina kubera imvune yagize nyuma y'umukino wa mbere wahuje u Rwanda na Uganda tariki 18 Mutarama.
Mu masaha yu mugoroba kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mutarama , Amavubi yakoze imyitozo ya nyuma mbere yo guhura n'ikipe y'igihugu ya Togo kuri uyu munsi.
U Rwanda rwatangiye tariki 18 runganya n'Ubugande ku munsi wa mbere, ruganya na Maroc ku mukino w'umunsi wa Kabiri, ubu rwatangiye imyiteguro yo gusoza urugamba rwo kwikura imbere ya Togo, uyu mukino akaba ari nawo uca urubanza ku ruhande rw'Amavubi ko ruzazamuka mu cyiciro gikurikiyeho.
Amavubi aherereye mu itsinda C kuri ubu afite amanota abiri arasabwa gutsinda Togo. iri tsinda riyobowe na Maroc ifite amanota Ane, Togo ifite Atatu, Amavubi afite abiri mu gihe Uganda ari iya nyuma n'inota rimwe.

Iradukunda Jean Bertrand ashobora kumara hagati y'iminsi 10 na 14 hanze y'ikibuga
Source : https://impanuro.rw/2021/01/26/chan2020-iradukunda-bertrand-ntagikinnye-mu-mukino-wamavubi-na-togo/