Umuherwe wigize kuyobora Rayon Sports akanayihesha igikombe cya shampiyona cya 2019-2019 ari cyo iheruka, Muvunyi Paul amaze iminsi 4 atawe muri yombi n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha 'RIB' aho akurikiranyweho gukoresha impapuro mpimbano.
Muvunyi Paul yatawe muri yombi ku wa 24 Ukuboza 2020, akaba yarafatanywe n'abandi 4 bakurikiranyweho iki cyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.
Mu bandi bafatanywe nawe harimo Rtd Col Ruzibiza Eugène wigeze kuba Umuyobozi ushinzwe Ingabo mu Karere ka Karongi ndetse mu 2015 yari Umuyobozi wa Brigade ya 307 yakoreraga mu Ntara y'Uburengerazuba.
Hafunzwe kandi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Gasura mu Karere ka Karongi, Niyongamije Gérald n'umuturage witwa Kayigema Félicien.
Umuvugizi w'Umusigire w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye ISIMBI ko Muvunyi Paul ari mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha ariko yirinda kuvuga byinshi ku byo akurikiranyweho.
Ati"Nibyo. Akurikiranyweho gukoresha impapuro mpimbano, ndumva ari ayo makuru twatanga byaka kanya."
Kuba icyaha akurikiranyweho cyaba gifitanye isano na hoteli yo mu karere ka Karongi yitwa Kivu Safari Lodge iri mu Murenge wa Gishyita, yatashywe mu 2016 itwaye miliyari 1,2 Frw cyane ko n'abo bafunganywe ari abo muri aka karere harimo n'umuyobozi wayo, yavuze ko ntacyo yabivugaho amakuru ahari ari uko bari mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha gusa.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/muvunyi-paul-wayoboye-rayon-sports-amaze-iminsi-4-atawe-muri-yombi