Raporo y'Umuryango urwanya ruswa n'Akarengane ku Isi, Transparency International, yashyize u Rwanda ku mwanya wa gatatu mu kurwanya ruswa mu 2018 n'amanota 56%. Mu 2019, rwari ku mwanya wa 51 ku Isi n'urwa kane muri Afurika mu kurwanya ruswa.
Minisitiri w'Ubutabera akaba n'Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, yigeze kuvuga mu Ukuboza 2018, ko imitangire ya serivisi iramutse inogejwe nk'uko amategeko abiteganya, ruswa igaragara mu gihugu yagabanukaho 90%.
Raporo y'Umuryango urwanya ruswa n'akarengane, ishami ry'u Rwanda 'Transparency International Rwanda' (TI-Rwanda) yo mu Ukuboza 2019, yagaragaje ko ubwiganze bwa ruswa buri kuri zimwe ntoya.
Iyi raporo yiswe 'Rwanda Bribery Index 2019' yerekanye ko iyo ruswa yagabanyutse ariko ikiguzi cyayo kikiyongera cyane. Ubuyobozi bwa TI-Rwanda bwagaragaje ko ikigereranyo cya ruswa ntoya cyavuye kuri 3.28% mu mwaka wa 2017, kikagera kuri 2.08% muri 2018 naho mu 2019 kikaba kiri kuri 2%.
Umuyobozi Mukuru wa TI-Rwanda Ingabire Marie Immaculée, yagaragaje ko nubwo abatanga ruswa bagabanyutse ariko ikiguzi cyayo kiyongereye kikava ku mpuzandengo y'amafaranga y'u Rwanda 58.065 ikagera ku mafaranga 85.030.
Muri rusange ruswa yatanzwe n'abakoreweho ubushakashatsi igera kuri miriyoni 20 z'amafaranga y'u Rwanda, ikigereranyo ku rwego rw'Igihugu kikaba kerekana amafaranga arenga miriyari 17 na miliyoni 406 angana n'ingengo y'imari y'umwaka y'Akarere.
Iyo raporo kandi yerekana ko nibura 81% by'abaturage bishimira ingamba zashyizweho na Guverinoma zo guhangana n'icyaha cya ruswa mu gihe 78% ari bo babona ruswa yaragabanyutse mu Gihugu.
Igaragaza kandi ko mu mezi 12 ya 2019, Abanyarwanda 18.5% basabye cyangwa batanga ruswa mu buryo buziguye n'ubutaziguye mu mikoranire yabo n'ibigo bitandukanye, bikaba bigaragaza igabanyuka rya 1.5% ugereranyije n'ikigero cya 20.4% cyatangajwe mu mwaka wa 2018.
Ikigereranyo cya ruswa yakiriwe mu Ishami rya Polisi y'u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda cyavuye kuri 14.29% mu mwaka wa 2018 kigera ku 9.7% muri uyu mwaka, hakurikiraho Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) ruri ku kigereranyo cya 7.8%, na ho Urwego rw'Imyuga n'Ubumenyingiro (TVET) ruza ku mwanya wa gatatu na 5.13%.
Gusa iyi raporo igaragaza ko TVET ari yo yagaragayemo abatanze n'abakiriye ruswa benshi ku kigero cya 12.40%, ikurikirwa n'Urwego rw'Abikorera 9,90%, RIB 8.50%, abacamanza 8.30%, WASAC kuri 6.40%, Inzego z'ibanze kuri 5.50% na ho mu Kigo k'Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) kuri 5.30% bavuye kuri 12.93% babarurwaga mu mwaka ushize.
Raporo y'Ibikorwa by'Urwego rw'Umuvunyi mu 2019/2020 yagaragaje ko uru rwego rwakoze iperereza ku madosiye ya ruswa 35 harimo 21 yakiriwe mu mwaka wa 2019-2020 na 14 yatangiye gukurikiranwa mu mwaka wa 2018-2019.
Iyi raporo yasohotse muri Nzeri uyu mwaka, yagaragaje ko muri ayo madosiye harimo 14 yakorewe iperereza ararangira, muri yo 13 ashyikirizwa Ubushinjacyaha, dosiye 1 yohererezwa Urwego rw'Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha.
Amadosiye 2 yafatiwe ibyemezo byo mu rwego rw'ubutegetsi, indi imwe iburirwa ibimenyetso, gusa ubwo iyo raporo yasohokaga hari and madosiye 18 yari agikorwaho iperereza.
Mu mwaka wa 2019-2020, Ubushinjacyaha bw'Urwego rw'Umuvunyi bwaburanye amadosiye 11 arimo amadosiye 5 yatangiye kuburanishwa ku rwego rwa mbere mu mwaka wa 2019-2020 n'amadosiye 6 yari yaratangiye kuburanishwa mu yindi myaka akomeza kuburanishwa muri uyu mwaka.
Muri ayo madosiye 6, amadosiye 5 yarangiye kuburanishwa burundu naho dosiye imwe iracyaburanishwa.
U Rwanda rwifatanyije n'Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya ruswa uba tariki 9 Ukuboza, buri mwaka. Mu Rwanda wizihijwe ku nsanganyamatsiko igira iti 'Twese Hamwe Ntawe Usigaye Inyuma Turwanye Ruswa'.
Mu biganiro byahuje inzego zitandukanye zari zitabiriye ibirori byo kwizihiza uwo munsi, Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Uwizeye Judith wari umushyitsi mukuru yibukije ko hagendewe ku bushakashatsi bwasohotse, ruswa ihari, ariko ko hari n'imbaraga hashingiwe ku bushake bwo kuyirwanya buhari mu Gihugu.
Minisitiri Judith Uwizeye kandi yahamagariye abitabiriye ibiganiro byo kwizihiza uwo munsi ko hakwiye ubufatanye mu rugamba rwo kurwanya ruswa, ubufatanye bw'inzego mu kugaruza umutungo ukomoka kuri ruswa. Inzego zihurira ku kurwanya ruswa ni nyinshi mu Rwanda n'ubwo ikigaragara
Minisitiri Judith Uwizeye yahamagariye abanyarwanda gufatanya kurwanya ruswa