Inkuru y'umunyapolitike wo muri Namibia witwa Adolf Uunona Hitler yaciye ibintu hirya no hino ku isi nyuma yo gutsinda amatora ku manota 85% ku mwanya w'inama njyanama y'umugi wa Ompundja uherereye mu majyaruguru y'iki gihugu.

Aganira n'igitangazamakuru cyo mubudage Bild yavuzeko se yamwise Adolf Hitler bishobokako aruko yamubyaye igihe uyumugabo yarari mu bihe bye byiza byo kwigarurira isi.
Uyu Adolf Hitler yanahishuyeko nawe akiri umwana akajya yumva amateka yiki gihangange yagiraga ubwoba bikomeye.
yakomeje Amara impungenge isi yose muri rusange ko atazakora amateka mabi nkayo uwo yitiriwe yakoze yo gushaka kuyobora isi,ahubwo azakora ibishoboka byose agashyira mungiro icyo bamutoreye.
Kuva mu mwaka wa 1885 kugera mu mwaka wa 1915 igihugu cya Namibiya cyari gikoronijwe n'ubwami bw'ubudage doreko n'imihanda myinshi yo muri iki gihugu y'ikidage.
Mu mwaka wa 2004 ubudage bwasabye imbabazi ku mugaragaro igihugu cya Namibiya kubera itsembabwoko rya Nama na Herero ndetse nabari barirokotse bagakoreshwa imirimo y'agahato.
Mu kwezi kwa kanama uyu mwaka perezida wa Namibiya Hage Geingob yavuzeko I yifuzo Cy'ubudage kitemewe nubwo intumwa y'ubudage muri iki gihugu yatangaje ko bagifite ikizere ko bizagenda neza.
Source : https://impanuro.rw/2020/12/04/isi-yose-yagize-ubwoba-nyuma-yaho-adolf-hitler-abonetse-muri-africa/