Rayon Sports yahaye amasezerano y'umwaka umwe Umunya-Côte d'Ivoire Jean Vital Ourega watiwe muri TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Jean Vital Ourega ni umwe mu bakinnyi babiri Tout Puissant Mazembe yo muri RDC yari yemeye gutiza Rayon Sports mu gihe cy'umwaka umwe, ariko mugenzi we Robert Mbelu akaba ataraje mu Rwanda kubera umubare w'abanyamahanga.
Ourega wari umaze ibyumweru bitatu mu Rwanda, yasinye kuri uyu wa Gatanu nyuma yo kumvikana n'ubuyobozi bwa Rayon Sports bukuriwe na Uwayezu Jean Fidèle.
Uyu Munya-Côte d'Ivoire w'imyaka 24, amaze iminsi akorana n'abandi imyitozo muri Rayon Sports ndetse avuga ko ashaka kuyifasha kwegukana ibikombe.
Ati 'Amateka ya Rayon Sports ni ugutwara ibikombe. Ni ikipe y'intsinzi. Nanjye ndi hano ngo duhatanire igikombe kandi tuzagihatanira mpaka. Tuzafatanya. Ubuyobozi buturi hafi kandi wanabonye ko badusuye. Ahasigaye ni mu kibuga.'
Ni we mukinnyi wa mbere usinyishijwe na komite nshya ya Rayon Sports mu gihe kandi isabwa gukemura ibibazo by'abandi bakinnyi bashya barimo Sugira Ernest watiwe muri APR FC na Bashunga Abouba waguzwe muri Zambia, bombi bahawe igice cy'amafaranga bemeranyijwe na Rayon Sports.
Hari amakuru avuga ko Moussa Camara wifuzwa muri iyi kipe, yohererejwe itike imuvana muri Mali, kimwe na mugenzi we, Oumar Sidibé, usanzwe ukinira Rayon Sports.
Isoko ryo kugura abakinnyi mu Rwanda rizafunga ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Ugushyingo 2020.
Â

Â

Â

Â

Â

Â
 12 total views,  12 views today
The post Umukinnyi mushya yinjiye muri Rayon sport: REBA HANO>>>> appeared first on Rwanda Paparazzi.
Source : https://rwandapaparazzi.rw/2020/11/06/umukinnyi-mushya-yinjiye-muri-rayon-sport-reba-hano/