Nyuma ya Kagere na Haruna Niyonzima ntakina Kariakoo Derby, yageze mu Rwanda #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Kapiteni w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda ukinira Yanga muri Tanzania, Haruna Niyonzima ntabwo ari bukine umukino w'umukeba bari buhuremo na Simba SC uzwi nka Kariakoo Derby, ni nyuma yo gukiruka malaria.

Uyu mukino uteganyijwe uyu munsi ku wa Gatandatu tariki ya 7 Ugushyingo 2020 saa 17h zo muri Tanzania, bikaba saa 16h zo mu Rwanda.

Haruna Niyonzima ukirutse Malaria umutoza w'iyi kipe Kaze Cedric akaba yemeje ko atari bukine uyu mukino kuko adafite imyitozo ihagaije, ni mu gihe yanageze mu Rwanda yitabiriye ubutumire bw'ikipe y'igihugu Amavubi izakina na Cape Verde tariki ya 12 Ugushyingo muri Cape Verde ndetse na tariki ya 17 Ugushyingo i Kigali mu Rwanda, ni mu gushaka itike y'igikombe cy'Afurika cya 2022.

Kaze yagize ati'Si abakinnyi benshi batari bukine uyu mukino, ndaba ntafite Haruna Niyonzima umaze iminsi urwaye Malaria, Carlinhos yatangiye imyitozo ejobundi ariko yari amaze ibyumweru bigera kuri 3, urumva ko atameze neza ku buryo yakina.'

Nyuma yo kudakina uyu mukino, Haruna Niyonzima yaraye mu Rwanda aho yazanye na Ally Niyonzima ukinira Azam FC, aba bakinnyi bombi bakaba bari mu kato muri Dove Hotel, ibisubizo nibisohoka bagasanga ari bazima baraza guhita basanga abandi mu mwiherero i Nyamata.

Uretse Haruna utari bukine uyu mukino, na Kagere Meddie na we ntabwo ari bugaragare kuri uyu mukino bitewe n'imvune, na we ari kumwe n'abandi mu mwiherero w'ikipe y'igihugu.

Haruna yaraye azanye na Ally Niyonzima
Malaria yatumye Haruna atari bukine Kariakoo Derby
Kagere ari mu mwiherero w'Amavubi ntaribukine Kariakoo Derby



Source : http://isimbi.rw/siporo/article/nyuma-ya-kagere-na-haruna-niyonzima-ntakina-kariakoo-derby-yageze-mu-rwanda

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)