Nyuma y'uko ikipe ya Gasogi United itsinzwe na Gorilla FC mu mukino wa gishuti, perezida w'iyi kipe Kakooza Nkuriza Charles 'KNC' yavuze ko ku giti cye byamushimishije kuko biri butume abakinnyi be bumva ko urwego biyumvaho atari rwo bariho.
Ku munsi w'ejo hashize ku wa Kane tariki ya 5 Ugushyingo 2020, nibwo habaye umukino wa gishuti wahuje Gasogi United na Gorilla FC yo mu cyiciro cya 2 irimo ishaka kuzamuka, uyu mukino warangiye ku nstsinzi ya Gorilla y'ibitego 3 kuri 1 cya Gasogi United.
Nyuma y'uyu mukino, KNC yatangaje ko yishimiye ibyavuye mu mukino kuko biri butume abakinnyi baryama bagasinzira kandi bakumva ko atari ibitangaza.
Ati'Ibi ni byiza ko dutsinzwe ubu baragenda baryame, hari igihe abantu bibeshya ko ngo dufite amazina, kanaka na kanaka barakomeye ibyo ntabwo bibaho.'
Muri rusange yavuze ko umukino wari mwiza kandi ko abakinnyi bamwe bari ku rwego rwo hejuru, igisigaye ari uguhuza umukino.
Ati'Wari umukino mwiza, abakinnyi bamwe na bamwe biragaragara ko bamaze kuguraka mu bihe byabo, icyo bisaba ni imikino myinshi kugira ngo babashe guhuza.'
KNC kandi yishimiye urwego rwa bamwe mu bakinnyi be barimo Iradukunda Jean Bertrand na Heron aho yavuze ko bigaragara ko batigeze bahagarika imyitozo.
Ubu bagiye gukomeza gushaka imikino ya gishuti myinshi ku buryo shampiyona izajya gutangira ikipe ye imaze kumenyerana.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/hari-igihe-abantu-bibeshya-knc-nyuma-yo-gutsindwa-na-gorilla-fc