Nyagatare:Umuturage yafatanwe magendu y'amabuye y'agaciro ingana n'ibiro 25 #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y'Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko ubusanzwe Nyabyenda yari umuzamu ku cyambu kiri Kagitumba ariko akabivanga no kwambutsa amabuye y'agaciro ayinjiza mu Rwanda ayavanye mu gihugu cya Uganda. Yavuze ko ari umuntu yayambukirizaga wamuhaye akazi.

Yagize ati: "Nyabyenda asanzwe ari umuzamu ku cyambu cya Kagitumba, ariko kuri uyu wa mbere yafashwe arimo kwinjiza mu Rwanda ariya mabuye y'agaciro yo mubwoko bwa Koluta. Yari yavuganye n'abaturage bo hakurya muri Uganda bayamuzanira hafi y'icyambu yarindaga, noneho abapolisi b'u Rwanda bamufata ayikoreye ku mutwe ayinjiza mu Rwanda."

CIP Twizeyimana yakomeje avuga ko ubucuruzi bw'amabuye ya magendu ari icyaha gihanwa n'amategeko, yongeraho ko usibye n'ibyo ashobora no kuzana icyorezo cya COVID-19 mu Rwanda.

Yagize ati: "Kujya mu bikorwa by'ubucuruzi bw'amabuye y'agaciro bitemewe n'amategeko ni icyaha, byogenye Nyabyenda yambutse igihugu mu gihe nyamara muri iki gihe bitemewe kubera kwirinda icyorezo cya COVID-19."

Abaturage bakanguriwe kwinda ibikorwa bitemewe n'amategeko ariko cyane cyane kwirinda kwambuka igihugu ngo bajye mu kindi mu buryo butemewe n'amategeko kuko bashobora kuzana Koronavirusi mu Rwanda. Yasabye abaturage kujya bihutira gutanga amakuru igihe cyose babonye abantu bameze nka Nyabyenda barenga ku mategeko.

Kuri ubu Nyabyenda yashyizwe mu kato mu kigo gisuzumirwamo COVID-19 nyuma akazashyikirizwa urwego rushinzwe ubugenzacyaha. Amabuye yari afite yafatiriwe n'ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU).

Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y'agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y'amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw'amabuye y'agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.



Source : https://www.imirasire.rw/?Nyagatare-Umuturage-yafatanwe-magendu-y-amabuye-y-agaciro-ingana-n-ibiro-25

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)