Rutahizamu wa APR FC n'Amavubi, Jacques Tuyisenge avuga ko mu buzima nta kintu umuntu ageraho atakivukiye kandi ko kuri iyi nshuro bakwiye kumwitega kuko ari bwo yaza.
Uyu rutahizamu yasinyiye APR FC mu kwezi gushize kwa Nzeri nyuma yo gutandukana na Petro Atletico de Luanda muri Angola.
Ni umukinnyi APR FC yaguze kugira ngo azayifashe mu mikino nyafufika ya CAF Champions League izitabira mu kwezi gutaha.
Ari mu mwiherero n'abakinnyi bagenzi be i Shyorongi, ntabwo yagize amahirwe yo gukina imikino ibiri ya gishuti APR FC iheruka gukina na AS Kigali kuko yari arwaye Malaria.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Jacques yavuze ko abantu bakwiye kumwitega kuko ubu ari bwo yaza.
Ati"Ntacyo wageraho utakivunikiye, ubu nibwo naza sasa, reka duharanire intego twihaye."
Jacques Tuyisenge yakiniye amakipe atandukanye arimo Etincelles, Kiyovu Sports, Police zo mu Rwanda, Gor Mahia yo muri Kenya na Petro Atletico de Luanda muri Angola.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ntacyo-wageraho-utakivunikiye-munyitege-jacques-tuyisenge