Muri Vietnam harimo gushakishwa abasirikare bari mu kigo cyarengewe  n'inkangu #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ibirindiro by'ingabo za Vietnam biherereye mu Ntara ya Quang Tri kuri uyu wa 18 Ukwakira 2020 byagwiriwe n'inkangu yatewe n'imvura nyinshi, abasirikare 11 babura ubuzima.

Imvura nyinshi yibasiye ibice byinshi bya Vietnam muri iki cyumweru gishize. Imyuzure n'inkangu bimaze kwica abantu batari munsi ya 70.

Leta ya Vietnam yavuze ko umutwe w'abasirikare wo mu karere ka kane k'ingabo z'iki gihugu, wibasiwe n'inkangu mu masaha yo mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki 18 Ukwakira.

Urubuga rw'amakuru VnExpress rwo muri Vietnam rwasubiyemo amagambo ya Ha Ngoc Duong, umutegetsi w'aho byabereye, agira ati:

'Guhera saa munani [2h] za nijoro, habayeho inkangu nk'enye cyangwa eshanu, ziturika nk'ibisasu ndetse wumva ari nkaho umusozi wose ugiye gutembagara'.

Mu gihe abakora mu bikorwa by'ubutabazi bari barimo gukuramo imirambo, abategetsi baburiye ko hari ibyago ko habaho izindi nkangu, bikaba byaba ngombwa ko hashakishwa ubundi buryo burimo umutekano kurushaho bwo kugera aho byabereye.

Kugeza ubu imirambo 11 ni yo imaze kuvanwa muri cyo kigo cya gisirikare, ubu cyahindutse itongo, mu ntara ya Quang Tri iri rwagati muri Vietnam.

Iyi nkangu yahitanye ubuzima bw'abantu, ibaye hashize iminsi itsinda ry'abantu 13 bakoraga ibikorwa by'ubutabazi â€" benshi muri bo b'abasirikare â€" basanzwe bapfuye.



Source : https://impanuro.rw/2020/10/19/muri-vietnam-harimo-gushakishwa-abasirikare-bari-mu-kigo-cyarengewe-ninkangu/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)