Kakule Mugheni Fabrice ukomoka mu gihugu cya DR Congo wahoze akinira Rayon Sports, yerekanywe mu ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya nyuma yo kuyisinyira.
Mugheni Fabrice akaba yerekanywe nyuma yo gusinyira iyi kipe amasezerano y'imyaka ibiri.
Nyuma yo gusoza amasezerano ye muri Rayon Sports, muri Kamena ,Kakule yasezeye abafana b'iyi kipe avuga ko atazongera amasezerano, muri Kanama nibwo yagiye muri Kenya kuvugana na AFC Leopards ndetse baranumvikana.
Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa yo Twitter, uyu munsi AFC Leopards yatangaje ko yamaze gusinyisha uyu mukinnyi wahoze akinira Rayon Sports.
Yagize iti"AFC Leopards twishimiye gutangaza ko twasinyishije Umunye-Congo ukina mu kibuga hagati, Fabrice Mugheni, wakiniraga Rayon Sports muri shampiyona y'u Rwanda. Uyu mukinnyi wakiniye Police FC na Kiyovu Sports, yadusinyiye amasezerano y'imyaka ibiri.'
Kakule Mugheni Fabrice yerekeje muri iyi kipe nyuma yo gukinira amakipe agera kuri 3 mu Rwanda ari yo Kiyovu Sports, Police FC na Rayon Sports.