Mu Bufaransa: Polisi yataye muri yombi abanyeshuri bane nyuma y' urupfu rw' umwarimu wakaswe umutwe #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu gihugu cyu Bufaransa abanyeshuri bane bari mu bantu 15 batawe muri yombi n'inzego z'umutekano nyuma y'aho ku wa gatanu tariki 17 Ukwakira , umwarimu witwa Samuel Paty wo mu mujyi wa Paris, yishwe akaswe umutwe nyuma yo kwereka abanyeshuri amashusho atavugwaho rumwe y'Intumwa Muhammad, nkuko bivugwa n'ibitangazamakuru byo mu Bufaransa.

Bivugwa ko uyu mwarimu yishwe n'umuntu wavugaga mu ijwi ryo hejuru ati 'Allah Akbar'

Abandi bantu bamaze gutabwa muri yombi nyuma y'urupfu rwe barimo abo mu muryango w'umusore w'imyaka 18 wamukase umutwe. Polisi yakoze umukwabu ukomeye kuri uyu wa Mbere, ita muri yombi abantu bose ikeka ko baba bafitanye isano n'urupfu rwe.

Ubu bwicanyi bwateye igikuba mu Bufaransa, kugeza aho bukiba mu cyumweru gishize Perezida Macron yahise agera aho bwabereye arabwamagana avuga ko ari igitero cy'iterabwoba cyagabwe n'abantu bagendera ku matwara akaze y'idini ya Islam.

Ku rundi ruhande, ibihumbi by'abaturage mu Bufaransa, ku cyumweru byigabije imihanda mu mijyi itandukanye y'u Bufaransa, byamagana ubu bwicanyi. Umuhango wo kwibuka Paty wari umwarimu w'amateka wapfuye afite imyaka 47 uteganyijwe kubera muri Kaminuza ya Sorbonne kuri uyu wa Gatatu.

Polisi igeze aho byabereye mu mujyi wa Conflans-Sainte-Honorine



Source : https://impanuro.rw/2020/10/20/mu-bufaransa-polisi-yataye-muri-yombi-abanyeshuri-bane-nyuma-y-urupfu-rw-umwarimu-wakaswe-umutwe/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)