Habonetse imirambo 7 muri kontineri yavaga muri Serbia ijya muri Paraguay #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Habonetse imirambo irindwi muri kontineri yarimo ifumbire yavaga muri Serbia ijyanwa muri Paraguay, bivugwa ko bari abimukira bashakaga kujya mukindi gihugu.

Iyo mirambo yabonetse yarangiritse cyane yaraboze bishobora kuba byaratewe no kubura umwuka nk'uko Dogiteri Lemir yabivuze.

Abapfuye bose bakekako ari abagabo bakuru. Babonywe n'abakozi bakorera ikompanyi y'ubuhinzi mu murwa mukuru wa Paraguay ariwo Asuncion.

Iyo kontineri yari yaranyuze muri Croatia ari naho bakeka abo bantu bajyaga gusa kontineri yarakomeje inyura mu Misiri, muri Esipanye, Argentina yerekeza muri Paraguay.

Urwo rugendo rurerure rushobora kuba arirwo rwabaye intandaro yo kubaviramo urupfu kubera kubura ibiryo bihagije byo kurya kuko bari bateganyije ibyo kurya by'igihe gito nk'uko Dogiteri Lemir akomeza abishimangira.

Dogiteri Lemir yakomeje avuga ko bishoboka ko ifumbire yaba ariyo yatumye imibiri yabo ihita yangirika vuba byo kubora.

Batatu muri bo bari baturutse muri Morocco, umwe mu Misiri nk'uko uyu mudogiteri akomeza abivuga.

Umunyamategeko Marcelo Saldiva yatangarije ibiro ntaramakuru bya Reuters News Agency ko bashobora kuba barapfuye kuko urugendo rwabaye rurerure. Yagize ati:

'Dutekereza ko bavuye iwabo bateganya kujya mugihugu cya hafi ariko ntibabashe kubara neza uburebure bw'urugendo bigatuma bahaburira ubuzima.'

Yakomeje agira ati:

'ibyo bari bateganyije byo kurya birimo ibisuguti, amazi n'ibindi biribwa bari bateganyije ibimara amasaha 72 gusa.'

Kugeza ubu baracyagerageza gukora ubushakashatsi ngo bamenye abo bantu abaribo, bivugwa ko bigoye cyane kuko imibiri yabo yangiritse cyane hakaba hasigaye gusa imisatsi n'amagufa.



Source : https://impanuro.rw/2020/10/26/habonetse-imirambo-7-muri-kontineri-yavaga-muri-serbia-ijya-muri-paraguay/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)