Ayigeneye Leonie wari umaze imyaka 3 muri koma yasanze imitungo yabo yose yaratejwe anatungurwa no kubona abantu bambaye udupfukamunwa #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Ayingeneye Leonie umaze imyaka 3 ari muri koma mu Bitaro bya Ruhengeri, yatunguwe no gukanguka agasanga abantu bose bambaye udupfukamunwa ndetse ababazwa no gusanga ahahoze ari iwe haragurishijwe n'umugabo we avuga ko uyu mugore we yapfuye.

Ni amakuru aturuka mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza, mu Karere ka Musanze, ahavugwa inkuru y'umugore wavuye mu bitaro nyuma y'imyaka itatu agasanga umugabo yaragurishije imitungo yabo yose.

Abahoze ari abaturanyi b'uyu mugore bavuga ko umugabo we yagurishije imitungo nyuma yo kubeshya ko umugore yapfuye.

Mu cyumweru gishize rero nibwo Ayingeneye yazanzamutse nyuma y'imyaka itatu ari mu bitaro atumva adakoma, atungurwa no kubona abantu bose bambaye udupfukamunwa nk'uko yabitangaje mu kiganiro yahaye KTRadio.

Ati: 'kuko ntabasha kugenda cyangwa kwicara, niyo mpamvu ntabashije kumenya uko hanze haba hameze… Ni nabwo nabonye ko abantu Bambara udupfukamunwa nanjye mbona ari ibintu bitangaje cyane'.

Nyuma yo gutaha avuye mu bitaro, ngo yageze mu gace yari atuyemo abantu barikanga kubera ko ubwo umugabo we yagurishaga imitungo yabo, yabwiye abaturanyi ko amaze gushyingura umugore we.

Yatunguwe kandi no gusanga aho yahoze atuye hari kubakwa inzu y'amagorofa.

Ati:'Nasanze inzu ntayirimo barayisenye, bari kubakamo etaje,.. abaturage bakimbona barambwira ngo babonye umuzimu, mbese ngo ndazutse? Ko umugabo yatubwiye ngo warapfuye?'

Kuri ubu Ayingeneye ari gusaba ubufasha bwo kubona aho aba we n'umwana we w'umuhungu uri mu kigero cy'imyaka 10 nawe umaze imyaka igera muri itatu atiga kuko ari we wari urwaje nyina.

Uwitwa Habimana Idrissa, wahoze ari umugabo wa Ayingeneye, we yatangaje ko kuba yaragurishije imitungo yari abifitiye ububasha kuko atigeze asezerana na Ayingeneye, anemeza ko ubwo uyu yarwaraga bari baratandukanye.

Ibi ariko bitandukanye n'ibitangazwa n'abaturanyi babo bavuga ko uyu mugabo yagurishije imitungo mu buryo bunyuranyije n'amategeko abeshya ko umugore we yapfuye, bagasaba ko uyu mugabo yakurikiranwa ndetse uyu mugore we agahabwa ubufasha bwihuse kubera ko ubu acumbikiwe n'umuyobozi w'umudugudu.

Akarere ka Musanze na ko karavuga ko gahangayikishijwe n'ikibazo cy'uyu mugore ariko kiteguye kumuha ubufasha nk'uko byemejwe n'Umuyobozi w'Akarere Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y'Abaturage, Kamanzi Axelle.

Ati:'Urumva habaye ikibazo. Mu buryo bwihutirwa, twihutira kumushakira ahantu aba acumbitse, ariko n'ubundi turimo kubikoraho kugirango abashe kubaho neza, kuko ni umuturage w'igihugu, ubumuga afite ntibuvuze ko yapfuye ni Umunyarwanda….nibyo turimo gukora rero kugirango tubashe kumubonera ibyo akeneye byose'.

Yari amaze imyaka 3 yose muri koma



Source : https://impanuro.rw/2020/10/04/ayigeneye-leonie-wari-umaze-imyaka-3-muri-koma-yasanze-imitungo-yabo-yose-yaratejwe-anatungurwa-no-kubona-abantu-bambaye-udupfukamunwa/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)