Rayon Sports yabonye umuyobozi mushya #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Murenzi Abdalhah wari perezida w'ishyirahamwe ry'umukino w'amagare mu Rwanda 'FERWACY', wanigeze kuyobora Rayon Sports ni we wagizwe perezida w'inzibacyuho w'iyi kipe.

Ku munsi w'ejo hashize ku wa Kabiri, nyuma y'igenzura ryakozwe na RGB, yahise ihagarika komite nyobozi y'umuryango wa Rayon Sports kubera ko itabashije kubahiriza inshingano ziteganywa n'amategeko.

Hakaba hamaze kujyaho komite y'inzibacuho igizwe n'abagabo 3, Murenzi Abdallah wayoboye Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona cya 2013 ni we perezida w'iyi komite, Twagirayezu Thadee na Me Nyirihirwe Hilaire bazaba bafatanya na we.

Iyi komite yahawe iminsi 30 yo kunoza amategeko y'umuryango no kuyahuza n'itegeko rigenga imirango itari iya leta. Gushyiraho inzego z'umuryango ziteganywa n'amategeko, gukurikirana umunsi ku wundi ibikorwa bya Rayon Sports FC, gutegura imbonerahamwe ngengamikorere y'umuryango n'ibikorwa byawo, gushyiraho uburyo buboneye bwo gukurikirana imikoreshereze y'umutungo w'umuryango no gucunga umutungo w'umuryango mu gihe cy'inzibacyuho.

Iyi komite ikaba ifite iminsi 30 uhereye tariki ya 24 Nzeri 2020. Ihererekanyabubasha rikaba rizaba ku munsi w'ejo ku wa Kane.

Yari perezida wa Rayon Sports yegukanye igikombe cya shampiyona 2013
Asanzwe ari perezida wa FERWACY



Source : http://isimbi.rw/siporo/rayon-sports-yabonye-umuyobozi-mushya

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)