Mu gitindo cy'ejo ku wa Gatanu, nta gihindutse ikipe ya APR FC irerekana rutahizamu w'umunyarwanda wamaze gusinyira iyi kipe, Jacques Tuyisenge.
Kuva mu mpera za Kanama 2020 yasezera ikipe ye ya Petro Atlético de Luanda yo muri Angola, uyu rutahizamu yagiye avugwa muri APR FC.
Ntabwo APR FC yigeze yemeza ko iri mu biganiro na Jacques Tuyisenge, gusa umuvugizi w'iyi kipe yakunze kuvuga ko ari rutahizamu mwiza nta kipe itamwifuza.
Uyu musore yagiranye ibiganiro na APR FC byafashe igihe kinini bitewe n'uko impande zombi hari ibyo zitumvikanagaho neza.
Kimwe mu byatindije ibiganiro harimo kuba Jacques Tuyisenge yarifuzaga umwaka 1 APR FC ikamuha imyaka 2, uyu musore kandi yifuzaga ko mu gihe yabona ikipe imwifuza yaba ari we uvugana nayo ubundi hakagira ijanisha rijya muri APR FC, ibintu ubuyobozi bw'ikipe ya APR FC butemeraga.
Nyuma y'ibiganiro by'iminsi myinshi, kuri uyu wa Kane amakuru avuga ko ari bwo Jacques Tuyisenge yasinye umwaka umwe nk'umukinnyi wa APR FC, ndetse nta gihindutse akaba azerekwa itangazamakuru ku munsi w'ejo ku wa Gatanu tariki ya 18 Nzeri 2020 saa 9:00' ku biro by'iyi kipe Kimihurura.
Amakuru avuga ko uyu rutahizamu yishyuwe ibihumbi 40 by'Amadorali, azajya ahembwa amadorali 3500 ku kwezi.
Source : http://isimbi.rw/siporo/article/nta-gihundutse-apr-fc-irerekana-jacques-tuyisenge-kuri-uyu-wa-gatanu