Ngoma_Gashanda: Abantu 13 banyoye umutobe ku muturanyi ubagiraho ingaruka bose bajyanwa kwa Muganga #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu Mudugudu wa Rwambohero, Akagali ka Gisere mu murenge wa Gashanda, mu karere ka Ngoma, Abantu 13 banyoye umutobe mu rugo rw'Umuturanyi, ubagiraho ingaruka bose bajyanwa kwa Muganga.

Ibi byabaye ku wa Kabiri tariki ya 08 Nzeri 2020, ubwo mu rugo rw'uwitwa Azalias Ruberwa na Nibagwire Cezalie, bengaga umutobe hanyuma bagatumira ababafashije kuwenga ndetse n'Abaturanyi bahafi bakaza kuwunywaho.

Aba baturage bamaze kuwunywa nta numwe wagize ikibazo ako kanya, gusa bukeye bwaho ku wa Gatatu tariki ya 09 Nzeri, Abawunyoyeho bose bahise batangira gucibwamo.

Nkuko byatangajwe n'umwe mu baturanyi batanyoye kuri uwo mutobe, ngo Amakuru yamenye nuko Abantu bose banyoye kuri uwo mutobe barwaye, gusa Hakaba umuryango w'Abantu batatu b'Abaturanyi, barembye kurusha Abandi.

Uwo muryango urembye urimo Abana babiri, umuhungu uri mu kigero cy'imyaka 12 n'umukobwa ufite imyaka 9 y'Amavuko ndetse na Nyina ubabyara.

Nkuko kandi byatangajwe n'umwe mu banyoye kuri uwo mutobe, utashatse ko Amazina ye atangazwa kubw'impamvu z'umutekano we, yavuze ko bakimara kunywa kuri uwo mutobe, hari umuntu wahise awumena, gusa avuga ko atamutangaza kuko byamukoraho.

Yagize ati' igiteye urujijo ni uko twamaze kuwunywaho, bagahita bawumena kandi uwo twanyoyeho ntabwo ariwo washyiriwe wa Mukwe wabo, kuko nyine bahise bawumena. Gusa sinavuga uwawumennye bitazankoraho, cyane ko atari n'ubwambere ibi bibaye muri uru rugo.'

Kugeza ubu Abanyoye kuri uwo mutobe bose bajyanywe ku kigo Nderabuzima cya Gashanda, kugira ngo bitabweho.

Gusa hari bamwe muri bi bahawe imiti bagahita basezererwa, usibye umuryango w'Abantu batatu wahawe ibitaro kuko barembye cyane, kandi bakaba bari gukurikiranwa n'Abaganga.

Abaturage n'Abaturanyi ba Ruberwa, barasaba ko Ubuyobozi bwakurikirana iki kibazo, kuko buri gihe iyo batanze umutobe uba uhumanye, kandi ngo akenshi muri ako gace ibi bintu birahaba kuko benshi babikora mu rwego rwo kwihorera kuri bagenzi babo.



Source : https://impanuro.rw/2020/09/13/ngoma_gashanda-abantu-13-banyoye-umutobe-ku-muturanyi-ubagiraho-ingaruka-bose-bajyanwa-kwa-muganga/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)