Abahagarariye urugaga rw’abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba (PSF), basabye imbabazi nyuma yo guhiga mu mwaka wa 2018 ko bagiye kubaka inzu zigezweho z’ubucuruzi muri iyi Ntara, gare, amasoko n’ibindi bikorwa bifite agaciro k’asaga miliyari 20 Frw ariko bikarangira ibyo bikorwa bitagezweho.