Perezida Trump akomeje gukoresha imbaraga ze zose u Bushinwa bukaba mu mutima wâibyo ashinja uwo bahanganye Joe Biden, aho avuga ko ari bwo bwatumye Abanyamerika babura akazi kandi bwabishyigikiwemo nâaba-Democrates.
Kuwa Mbere nibwo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bizihije umunsi wâumurimo. Ni umunsi waranzwe no kwibasirana hagati yâabakandida babiri biyamamariza kuyobora iki gihugu cyâigihangange ku Isi.
Trump ubwo yagezaga ijambo ku mbaga yakoraniye muri North Carolina, yashinje Joe Biden ko ashaka gushyira Amerika mu maboko ya virusi ndetse no gushyira imiryango yâabanyamerika mu bikorwa byâihohoterwa rikomeye byâu Bushinwa.
Ati â[Joe Biden] arashaka guha imirimo yacu u Bushinwa. U Bushinwa bubonera inyungu mu bantu bâibigoryi kandi na Biden ni umwe muri boâ.
Yakomeje avuga ko gahunda za Biden zakorewe mu Bushinwa mu gihe ize zakorewe muri Leta zunze Ubumwe za Amerika. Trump akunda kunenga Biden ko ashyigikiye politiki zâubucuruzi zâu Bushinwa zatumye abanyamerika benshi babura akazi.
Trump kandi yananenze Kamala Harris wiyamamazanya na Joe Biden, avuga nta wundi umeze nkawe bityo adashobora kuba umugore wa mbere ubaye Perezida. Ati âByaba ari igitutsi ku gihugu cyacuâ.
Biden na we yahindukiranye Trump amunenga guhanisha abahinzi nâabandi banyenganda bâabanyamerika gushyiraho imisoro ihanitse ku bicuruzwa byo mu Bushinwa.
Yakomeje avuga ko amasezerano yâubucuruzi hagati ya Trump nâu Bushinwa nta cyiza yagejeje ku nganda za Amerika nkâuko yabisezeranyije ahubwo byarushijeho kuba bibi cyane.
Biden kandi yanashinje Trump kugira Coronavirus ikibazo cya politiki kugira ngo yongere atorwe none imaze guhitana abarenga ibihumbi 186, abandi barenga za miliyoni batakaza imirimo yabo.
The post Byakaze , Intambara hagati ya Donald Trump na Joe Biden bahatanye mu kuzayobora Amerika. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.