Polisi y'u Rwanda yemeje ko yamaze gufata abantu bari bitabiriye ibirori by'umukunzi wa Sarpong, habonetse 11 muri 13 bahise bajyanwa mu kato ahabugenewe, ni mu gihe babiri basigaye bagishakishwa.
Ku munsi wo ku Cyumweru tariki ya 16 Kanama 2020, i Nyamirambo mu Busitani bwa Mera Neza, rutahizamu Michael Sarpong yafashije umukunzi we kwizihiza isabukuru y'amavuko, ni umuhango witabiriwe n'ibyamamare bya ruhago bitandukanye.
Ni isabukuru yakuruye impaka bitewe n'amafoto yagiye hanze, abantu bageranye ndetse batanambaye udupfukamunwa, muri make bari barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru ISIMBI.RW, umuvigizi wa polisi y'u Rwanda, CP Jean Bosco Kabera yavuze ko bitewe n'amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga aba bantu bakurikiranywe bagafatwa ndetse bakaba bari mu kato, gusa ngo hari babiri bataraboneka.
Yagize ati“ni amafoto yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abantu barimo abakinnyi b'umupira barenze ku mabwiriza ya COVID-19, ni byo rero barashakishijwe haboneka abantu 11 muri 13 bagaragaye muri icyo gikorwa, bakaba barahise bajyanwa mu kato.”
Yakomeje anyomoza amakuru y'uko aba bakinnyi baba bafunze, ngo barimo kwitabwaho n'abaganga bareba niba ntawanduye COVID-19.
Yagize ati“bajyanywe mu kato ahabugenewe ntabwo bari muri kasho ya polisi. Igihe bazamarayo bizagenwa n'inzego zibishinzwe, bari mu kato, barimo gukurikiranwa n'abaganga, bazabapima urumva ibyo ntabwo polisi yabyinjiramo.”
Yashimiye abanyarwanda bagize uruhare kugira ngo amafoto nk'ariya ajye hanze, gusa yagaye abantu nk'abariya abandi bafatiraho urugero baba barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.
Inzego z'umutekano zikaba zikomeje gushakisha abandi bantu 2 basigaye kugira ngo na bo bajyanwe mu kato basangeyo bagenzi babo.
Mu bantu bari bitabiriye iyi sabukuru harimo Sarpong n'umukunzi we, umutoza wa Kiyovu Sports, Karekezi Olivier, Irambona Eric Gisa, Kimenyi Yves, Mbogo Ally ba Kiyovu Sports, Habimana Hussein, Rugwiro Herve, Mugisha Gilbert ba Rayon Sports.
source http://isimbi.rw/siporo/article/polisi-yagaye-ndetse-yemeza-ko-abitaribiriye-ibirori-by-umukunzi-wa-sarpong-bafashwe-babiri-baracyashakishwa