KU MUNSI NK'UYU 2019: Ibyamamare 3 mu Rwanda byakoreye rimwe ubukwe, amarangamutima ya bo(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

webrwanda
0
By Canisius Kagabo

Ku munsi nk'uyu munsi 2019, wari umunsi w'ibyishimo ku byamamare nyarwanda, umukinnyi wa ruhago, umunyamakuru n'umuhanzi ubwo bakoraga ubukwe bagasezerana n'abafasha babo kubana akaramata.
Myugariro wa AS Kigali n'ikipe y'igihugu Amavubi, Rusheshangoga Michel, umunyamakuru w'imikino Kalisa Bruno Taifa wa Radio10 n'umuhanzi akaba n'umunyamakuru Bagabo Adolphe[Kamichi] usigaye uba muri Amerika ni bo bakoze ubukwe tariki ya 27 Nyakanga 2019.
Tariki ya 27 Nyakanga 2019, myugariro wa AS Kigali nyuma y'umuhango wo gusaba no gukwa wari wabaye tariki ya 26 Nyakanga 2019, tariki ya 27 Nyakanga 2019 Rusheshangoga Michel yasezeranye imbere y'Imana na Nakazungu Aimée.
Baherekejwe n'inshuti n'abavandimwe mu muhango wabereye mu busitani bw'ishuri rya Exella 'Exella School Garden'.
Kuri uyu munsi yizihiza umwaka umwe ashakanye n'umugore we, abinyujije kuri Instagram yavuze ko yishimiye cyane kubana na we kuko bakoze ikipe ikomeye.
Yagize ati“isabukuru y'umwaka umwe w'ubukwe bwacu! Twakoze ikipe y'agatangaza. Nishimiye kandi nkunda kuba narashyingiranywe na we. Tuzabana imyaka myinshi rukundo.”
Kalisa Bruno Taifa, umunyamakuru wa siporo wa Radio10, na we ku munsi nk'uyu na we yakoze ubukwe na Ingabire Yvette.
Aba bombi bemeranyijwe kubana akaramata nyuma y'imyaka 6 bari bamaze bakundana.
Ku munsi yizihiza iyi sabukuru yagize ati“isabukuru nziza ya mbere y'ubukwe bwacu rukundo rwanjye. Ndagukunda. Umugore mwiza umuhabwa n'Uwiteka.”
Umuhanzi Kamichi akaba n'umunyamakuru usigaye aba muri leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Knoxville muri Leta ya Tennessee, yakoze ubukwe n'umunyarwandakazi ukomoka i Huye tariki ya 27 Nyakanga 2019.
Hari nyuma y'umwaka n'ubundi aba bombi basezeranye imbere y'amategeko muri Leta ya Tennesse aho batuye.

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)