Umuhanzi Semivumbi Daniel wakunzwe mu izina rya Danny Vumbi witegura kurmurika alubumu ye ya 3 yise Inkuru nziza yatangiye kuyigurisha kubayifuza ku giciro cya 100.000 frw

Mu kiganiro na Uhujimfura Claude umwe mu bayobozi ba KIKAC Music yatubwiye ko nubwo bashyize kw’isoko alubumu mbere y’uko igitaramo ubwayo kiba babaye batanze uburyo bwo kuyigeza ku bakunzi ba Danny Vumbi ahoashobora kuyibona byoroshye kuri email, Flash cyangwa CDS. Iragura 100 000frw.
Uhujimfura yakomeje agira ati “Kugeza ubu uretse indirimbo zagiye hanze, izindi zose ntabwo zizigera zijya kuri Youtube, n’uzashaka kuzishyiraho nta burenganzira ntabwo bizamuhira. Tugiye kuzishyira ku zindi mbuga zigurishirizwaho umuziki nka Spotify, iTunes n’izindi.”
Yavuze ko abibaza niba iyi album ihenze bibeshya kuko nibura mu ndirimbo ziriho zose ugiye uzibarira amafaranga nta nimwe yakozwe n’amafaranga bagurisha album yose. Ati “Tugomba kurwanira ishya umuziki wacu.”
Album nshya ya Danny Vumbi iriho indirimbo 12. Umunani zakozwe na MadeBeats, Bob Pro akora eshatu mu gihe Element ugezweho muri iki gihe yakozemo imwe.
Zimwe mu ndirimbo ziri kuri alubumu ya Danny Vumbi ni ‘Abana babi’, ‘Yibare’ ndetse na ‘Umugozi’ aherutse gukorana na Bruce Melodie. Hariho izindi zitarajya hanze nka ‘Kabiri’, ‘Babahe’, ‘Inenge’, ‘Sezera’ n’izindi.
Indirimbo zagiye hanze, izindi zose ntabwo zizigera zijya kuri Youtube, n’uzashaka kuzishyiraho nta burenganzira ntabwo bizamuhira. Tugiye kuzishyira ku zindi mbuga zigurishirizwaho umuziki nka Spotify, iTunes n’izindi.”
Alubumu Inkuru nziza ya Danny Vumbi iriho indirimbo 12 zagiye zikorwa n’aproducer bakunzwe hano mu Rwanda nka MadeBeats, Bob Pro ndetse na Element.
Biteganyijwe ko igitaramo cyo kurmurika Alubumu inkuru Nziza kizaba kw’itariki 17 Nyakanga 2020 kizanyura kuri Murandasi ku urbuga rwa youtube ya MK1 Tv ndetse no kuri Genesis TV .

Muri iki gitaramo Danny Vumbi azafatanya n’abahanzi barimo; Bruce Melodie, Fireman, Mico The Best, Uncle Austin ndetse na Marina bose bazaba biyemeje kumutera ingabo mu bitugu bacurangirwa n’itsinda rya Neptunez Band.