Biteganyijwe ko Nsabimana azitaba Urugereko rw'Urukiko Rukuru ruzaburanisha ibyaha mpuzamahanga n'ibyambukiranya imipaka mu Karere ka Nyanza.
Amakuru agera ku UKWEZI avuga ko Urubanza rwe ruzaburanishwa hifshishijwe ikoranabuhanga kubera kwirinda icyorezo cya Covid 19.
Uyu mugabo ashinjwa ibyaha by'Ubugambanyi, Kurema umutwe w'ingabo utemewe cyangwa kuwujyamo, Gukora iterabwoba ku nyungu za politiki, Gukora no kugira uruhare mu bikorwa by'iterabwoba.
Akurikiranyweho kandi Gutanga amabwiriza mu gikorwa cy'iterabwoba, Kuba mumutwe w'iterabwoba, Kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba,
Sankara wamamaye cyane mu itangazamakuru mpuzamahanga no ku rubuga rwa YouTube aho yigambaga ko ariwe wagabye ibitero bitandukanye muri Nyungwe no mu karere ka Nyaruguru.
Uwari Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane mu Rwanda, Dr Richard Sezibera yatangaje bwa mbere ku wa 30 Mata 2019, ko uyu Sankara yafashwe ari mu Rwanda kandi agiye gushyikirizwa ubutabera.
Taliki 17, Gicurasi, 2019 uyu musore yiretswe itangazamukuru n'Urwego rw'ubugenzacyaha, RIB.
Nyuma y'igihe gito yaje kwitaba urukiko rw'ibanze rwa Gasabo ndetse abwira umucamanza ko ibyaha aregwa abyemera kuko kubihakana byaba ari ukwigiza nkana kuko ân'inyoni n'ibisiga byo mu kirere byaza bikamushinja.'
Mu iburanisha riheruka rya tariki 28 Mutarama 2020, Nsabimana Callixte yari yatangiye kwiregura ku byaha 17 yari akurikiranyweho icyo gihe.
Yiregura ku cyaha cyo kwiha ipeti rya Majoro yavuze ko ataryihaye ahubwo yarihawe na bagenzi be nk'umuntu wari ugiye kuba umuvugizi w'inyeshyamba ngo ntabwo yagombaga gukora aka kazi ari umusivire.
Avuga ko igitero cy'I Nyabimata cyo ku itariki 19 Kamena 2018 Sankara yagaragaje ko atari akizi ko ahubwo yakimenyeye mu nama yabaye cyarabaye. Ngo inyeshyamba za FLN yavugiraga ntabwo muri gahunda zari zarihaye harimo kwigaragaza, ngo ahubwo ibyo byajemo nyuma yo kubona ko ibitero bagaba Kayumba Nyamwasa abyiyitirira akabisabisha inkunga.
Tariki 31 Werurwe 2020 nibwo byari biteganyijwe ko iburanisha ryari gusubukurwa Nsabimana Callixte agakomeza kwiregura ku byaha aregwa gusa kuri iyo tariki ntabwo iburanisha ryasubukuwe kubera icyorezo cya covid-19 cyari kimaze iminsi mike kigeze mu Rwanda.
Mu rubanza rwa Sankara hamaze kugaragaramo abantu batandukanye baregera indishyi z'ibyabo byangijwe n'ibitero bya FLN.
http://dlvr.it/RXwqc9
Post a Comment
0Comments