Muhadjiri yavuze ku byo gukinira Rayon Sports cyangwa gusanga mukuru we muri Tanzania

webrwanda
0

Nyuma yo gusesa amasezerano n'ikipe ya Emirates Club yo muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, Hakizimana Muhadjiri yashimangiye ko nta kipe yo mu Rwanda baragirana ibiganiro, ngo afite amakipe menshi amushaka arimo n'ayo muri Tanzania aho mukuru we Haruna Niyonzima akina.

Hakizimana Muhadjiri yasheshe amasezerano na Emirates Club nyuma y'umwaka umwe akinira iyi kipe mu myaka 3 yari yayisinyiye, hari nyuma yo kutishimira uburyo yakinishwagamo kuko atabonaga umwanya uhagije wo gukina.

Mu kiganiro na radio Rwanda, Muhadjiri yavuze ko yamaze gutandukana n'iyi kipe, gusa ngo nta kipe yo mu Rwanda baravugana, ngo ashaka kuza akabanza agatuza.

Yagize ati“Amakuru ndayakurikirana ariko nta kipe n'imwe ndavugana nayo yo mu Rwanda, ariko iyamvugisha tukumvikana nayikinira. Kugaruka mu rugo ntibivuze ko nje gukina muri Rayon Sports, niba ikipe nakiniraga twasheshe amasezerano ngomba kugaruka mu rugo, ngomba kubanza ngatuza.”

Akomeza avuga ko amakipe ahari amwifuza ariko atapfa kuvuga ngo iyi cyangwa iyi cyane muri ibi bihe bya COVID-19, ariko harimo amwe yo muri Tanzania amwifuza.

Yagize ati“hari menshi tuvugana, ariko ntabwo nk'umukinnyi watangaza ngo uzajya muri iyi kipe kuko turi muri COVID-19, hari amakipe tuvugana mu Barabu, muri Tanzania, Turikiya n'ahandi.”

Hakizimana yinjiye muri iyi kipe avuye muri APR FC yari amazemo imyaka 3, hari nyuma yo kuva muri Mukura VS ayimazemo imyaka 2, yakiniye kandi amakipe nka Etincelles na Kiyovu Sports.

Ngo nta kipe yo mu Rwanda baravugana


source http://isimbi.rw/siporo/article/muhadjiri-yavuze-ku-byo-gukinira-rayon-sports-cyangwa-gusanga-mukuru-we-muri-tanzania
Tags

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)