Tchouaméni yahakanye ubutumwa bwamuvuzweho mu minsi yashize we n'umukunzi we #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Umukinnyi wo hagati mu kibuga Aurélien Tchouaméni ukinira Real Madrid yo muri Spain, yamaganye amakuru yari amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yarafashe umukunzi we aryamanye n'undi mugabo.

Aya makuru yatangiye gukwirakwira cyane ku mbuga zitandukanye, aho hari ubutumwa bwari bwatambutse kuri konti bivugwa ko ari iye, buvuga ibijyanye n'ibibazo byo mu rukundo hagati ye n'umukunzi we. Ubutumwa bwavugaga ko uyu mukinnyi yaba yaratunguwe no gusanga umukunzi we ari kumwe n'undi mugabo, ibintu byateje impaka n'ibitekerezo byinshi ku mbuga nkoranyambaga.

Gusa nyuma y'igihe gito aya makuru atangiye gukwirakwira, Tchouaméni yahise atangaza ko ayo magambo atigeze ayandika, asobanura ko konti yakwirakwije ubwo butumwa atari iye. Yagize ati amakuru ari kuvugwa kuri we ari ibihuha bidafite ishingiro, kandi ko hari abantu bakoresha amazina y'ibyamamare bagamije kuyobya abantu.

Uyu mukinnyi ikinira ikipe y'ubufaransa ukiri muto ariko umaze kwigaragaza cyane mu mupira w'amaguru, yasabye abakunzi b'umupira w'amaguru n'abamukurikira kujya babanza kugenzura ukuri kw'amakuru mbere yo kuyakwirakwiza. Yibukije ko imbuga nkoranyambaga zishobora gukoreshwa nabi n'abantu bashaka gusebya abandi.

Tchouaméni akomeje kwibanda ku kazi ke ko gukinira ikipe ya Real Madrid ndetse n'ikipe y'igihugu y'u Bufaransa, aho ari umwe mu bakinnyi bakiri bato bafite ejo hazaza heza mu mupira w'amaguru ku rwego mpuzamahanga.

Tchouaméni yahakanye ubutumwa bwamuvuzweho mu minsi yashize we n'umukunzi we



Source : https://kasukumedia.com/tchouameni-yahakanye-ubutumwa-bwamuvuzweho-mu-minsi-yashize-we-numukunzi-we/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)