Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17/02/2026, hirya no hino ku Mbugankoranyambaga, Interahamwe ruharwa zikidegembya n'Abazikomokaho, biriwe biriza amarira y'Ingona, bavuga ko bari Kwibuka Umuhanzi Kizito Mihigo wapfuye yiyahuye mu myaka 6 ishize.
Twibukiranye ko uyu muhanzi, yiyahuriye muri kasho ya station ya Polisi ya Remera, aho yari yatawe muri yombi, akekwaho ibyaha birimo kwambuka umupaka mu buryo bunyuranyije n'amategeko na ruswa.
Kizito Mihigo, wari ugonganye n'ubutabera ku Nshuro ya Kabiri, yari asanzwe ari umuntu ubeshejwe hanze n'Imbabazi yahawe na Perezida wa Repubulika.
Kurenga kuri izo mbabazi yahawe na Perezida wa Repubulika, akongera gukora ibyaha akisanga mu maboko y'inzego z'umutekano ubugira kabiri, biri mu byari byamuhungabanyije cyane, ananirwa kwiyakira, nk'uko byagarutsweho na Me Mukamusoni Antoinnette, mu kiganiro yagiranye na Ukwezi Tv, nyuma gato y'urupfu rwa kizito.
Me Mukamusoni, avuga ko Kizito mu magambo make yari afite umunsi umwe mbere yo kwiyahura, yavugaga ko yemera ibyaha yafatiwemo, ndetse yiteguye no kongera gusaba imbabazi, nubwo azihabwa akazipfusha ubusa.
Tugarutse ku Nterahamwe ziri kwiriza Amarira y'Ingona zibeshya ko ziri kuririra Kizito, Ibitutsi mwamutukaga aherekeza umukuru w'Igihugu muri Rwanda Day, atera indirimbo yubahiriza igihugu mu birori bikuru by'igihugu, aka kanya mubibyaje urukundo mukuye he?
Aka kanya mwiyibagije Amabuye mwamuteraga , avanze n'ibitutsi no kumuhigira ko muzongera mukamutema, iyo yabaga yahimbye indirimbo zifasha kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi?
Urukundo mutakunze Kizito, mukamushora mu byaha biremereye birimo kugambanira igihugu no kugambirira kugirira nabi Ubutegetsi n'umukuru w'igihugu, mumwizeza kuzamugira minisitiri wa Siporo n'Umuco, mwarukuye he amaze kwitaba Imana?
Aka kanya mukuye he urukundo mukunda Kizito Mihigo, mutamukunze amaze guhabwa Imbabazi na Perezida wa Repubulika ngo mumuhe agahenge, ahubwo mukongera mukamushora mu byaha by'ubugizi bwa nabi atamaze kabiri hanze, bigatuma atesha agaciro imbabazi za Perezida wa Repubulika yahawe? Murukuyehe aka kanya umuntu amaze imyaka 6 atakiriho?
Interahamwe iyo muba mukunda Kizito, ntimuba mwaramwoheje, akagwa mu Mutego mutindi, wo kugambirira kugirira nabi Leta y'ubumwe yamuhaye byose, mumwizeza ibitangaza mudateze kumuha.
Kizito nawe yatengushye Abafana be,umunsi yemera akanizera ko #interahamwe zahekuye igihugu zikamwicira umubyeyi, hari akeza kaziturukaho.
Interahamwe, Nimureke Kizito aruhukire mu mahoro. Gukomeza kumugira intwaro ya politike mukoresha murwanya u Rwanda, ni ibitabapfu muri guta, bidateze kuzagirira aho bibageza, kandi murashinyagurira Umuryango we!!
Nimucire Birarura.
The Future TV