Mu gihe mu mpera za 2025 byatangajwe ko hari ingabo z'Uburundi zavuye muri Congo mu rwego rwo kubahiriza amasezerano mpuzamahanga, amakuru aturuka ku basirikare basigaye mu burasirazuba bwa Congo agaragaza ko hari brigades zitatu zitigeze zivayo. Abo basirikare bavuga ko bamaze amezi badahembwa, bakaba babayeho mu bukene n'umwanda bikabije, ku buryo batinya kwibasirwa n'indwara ya tifusi iterwa n'umwanda w'inda.
Amakuru yatanzwe n'umwe mu basirikare ari ku rugamba akayaha FOCODE avuga ko kuva mu Ukwakira 2025 batakibona amafaranga bita 'ikibango' yabafashaga kwitunga buri kwezi. Ibi byatumye babura ibikoresho by'isuku n'ibyo kwifashisha mu mibereho ya buri munsi.
Abasirikare bavuga ko batangiye kwibaza niba bakiri mu ngabo z'Igihugu koko, nyuma yo kumara amezi menshi badafashwa. Mu butumwa bwabo, bagaragaza ko babona ari nko kwibagirana ku basirikare bari mu butumwa bw'Igihugu.
'Turabaza ubuyobozi bw'igisirikare: Ese abasirikare twasigaye muri Congo turazwi? Niba tukiri mu butumwa bwa TAFOC, kuki amafaranga twahoraga tubona buri kwezi atakiboneka?'
Ibi bibazo byabo bigaragaza impungenge z'uko babayeho mu buzima bugoye, badafite icyizere ku hazaza habo mu gihe bari mu butumwa bw'intambara.
Abasirikare bavuga ko ubuzima babayemo bugenda burushaho kuba bubi. Babura amasabune, ntibamesa imyenda, kandi boga mu mazi adasukuye. Ibi byose byatumye imyenda yabo yuzura inda bituma bagira ubwoba ko bashobora kwibasirwa n'indwara ya tifusi.
Bavuga ko byaba ari agahomamunwa kumva umusirikare uri mu butumwa bw'Igihugu yandura indwara ituruka ku mwanda n'ubukene.
Ikindi kibazo gikomeye ni ukubura amazi yo kunywa. Abo basirikare bavuga ko buri musirikare yagombaga guhabwa amacupa abiri y'amazi ku munsi, ariko ubu ngo anyobwa n'abofisiye gusa. Uwari uyoboye bataillon imwe yari yarashyizeho uburyo bwo guha abasirikare amafaranga angana n'ibihumbi 30 by'amafaranga ya Congo buri kwezi, kugira bigurire amazi, ariko ngo nabyo byaje guhagarara.
Ibi byatumye abasirikare bavuga ko ubuzima bwabo buri mu kaga, kuko babayeho mu bushyuhe bwo ku rugamba badafite amazi meza yo kunywa.
Abasirikare bavuga ko bagabanijwe mu duce dutandukanye two mu burasirazuba bwa RDC: Brigade ya 5 iri muri Mwenga, Brigade ya 6 iri i Baraka, Brigade ya 7 iri i Kalemie
Abo bari i Baraka bavuga ko bakorera mu bice bikomeye by'intambara birimo Katanga, Mutego, Bibokoboko ndetse no mu duce twa Minembwe, aho intambara zikomeye zikomeje.
Muri rusange, ubutumwa bwabo bugamije gusaba ubuyobozi bw'Igihugu gutabara abasirikare bari mu buzima bugoye. Basaba Perezida w'Igihugu, Minisiteri y'ingabo n'ubuyobozi bw'igisirikare kumenya amagorwa barimo.
Banibutsa ko ari abasirikare bari mu butumwa bw'Igihugu, bityo bakwiye guhabwa uburenganzira ku mibereho iboneye, isuku, amazi meza n'agahembo kabo ka buri kwezi.
Général Prime Niyongabo yari yaratangaje ko ingabo zimwe zavuye muri RDC, ariko ubuhamya bw'abasirikare busigaye ku rugamba bugaragaza ko hari izindi brigades zitigeze ziva ku butaka bwa Congo, zikaba zikomeje guhangana n'intambara mu gihe zibayeho mu bukene n'umwanda ukabije.
Aba basirikare basaba ko ubutumwa bwabo bwagera ku bayobozi, kugira ngo haboneke igisubizo cyihuse cyakuraho ubukene, umwanda n'impungenge z'indwara bibugarije mu butumwa bw'Igihugu.
Source : https://rushyashya.net/abasirikare-bu-burundi-muri-rdc-baratabaza-ubukene-numwanda-birabugarije/