Niyo David yerekeje muri Ukraine #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Intizanyo y'Intare FC muri Kiyovu Sports, Niyo David, yagiye gukora igeragezwa mu ikipe ya NK Veres Rivine ikina icyiciro cya mbere muri Ukraine.

Niyo David umwe mu bakinnyi beza iyi kipe igenderaho akaba yamaze gufata rutimikirere asanga iyi kipe muri Turikiya aho shampiyona y'iki gihugu ikinirwa mu gihe yaritsinda yahita ayisinyira.

Uyu mukinnyi w'imyaka 19 wakuriye mu ishuri ryigisha umupira rya APR FC akaza kujya mu Intare FC agomba gukora igeragezwa kugeza tariki ya 11 Gashyantare 2026.

Yageze muri Kiyovu Sports muri 2025 atijwe n'Intare akaba muri uyu mwaka w'imikino wa 2025-26 yarafashije Kiyovu Sports gusoza imikino ibanza iri ku mwanya wa 5 n'amanota 27.

Niyo David ukina mu kibuga hagati ariko asatira akaba amaze gutsinda ibitego bitatu ndetse yanatanze imipira ine yavuyemo ibitego, bivuze ko afite uruhare rw'ibitego 7 mu bitego 16 Kiyovu imaze gutsinda.

Niyo David yagiye gukora igeragezwa mu ikipe yo muri Ukraine



Source : http://isimbi.rw/niyo-david-yerekeje-muri-ukraine.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)