Liam Rosenior yahakanye ibihuha bivuga ko Cole Palmer agiye kwerekeza muri Manchester United #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye, hakomeje kuvugwa ibihuha by'uko Cole Palmer yaba atishimiye uko ibintu bimeze muri Chelsea, ndetse ko yaba ari gutekereza kujya muri Manchester United. Ibi byateje impaka nyinshi mu bakunzi b'umupira w'amaguru, by'umwihariko abafana ba Chelsea n'aba Man United. Gusa, umutoza Liam Rosenior yateye utwatsi ayo makuru ayita ibihuha bidafite ishingiro.

Mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru, Rosenior yavuze ko Cole Palmer yishimiye cyane kuba ari muri Chelsea. Yagize ati: 'Palmer arishimye hano, ni byo. Ni umukinnyi tudashobora gutakaza, kandi ibyo bavuga byose ni ibinyoma.' Yongeyeho ko nta kibazo na kimwe kiri hagati y'umukinnyi n'ikipe, ndetse ko inkuru zose zivuga ko yaba atishimiye aho ari zidafite aho zishingiye.

Uyu mutoza yasobanuye ko Cole Palmer ari umwe mu bakinnyi bafitiye Chelsea akamaro kanini, haba mu mikinire ye ku kibuga no mu mwitwarire ye hanze yacyo. Yagize ati: 'Cole ni umukinnyi udasanzwe. Ibihuha byo kumvikanisha ko adatuje cyangwa ko ashaka kugenda si ukuri, nta n'impamvu yo kubigarukaho.'

Rosenior kandi yavuze ko nta mpamvu n'imwe yatuma ubuyobozi bwa Chelsea busohora itangazo ryihariye ribyemeza, kuko ibyo kuvuga ko yaba agiye kujya muri Man United ari ibintu bidashoboka kandi byazanywe n'abantu badafite amakuru y'ukuri. Yasoje avuga ko ayo makuru yaturutse ahantu hatazwi, kandi ko ari ibinyoma.

Aya magambo Rosenior  yatangaje yaje ahumuriza abafana ba Chelsea, bagaragaje ko Cole Palmer akomeje kuba umwe mu nkingi za mwamba z'iyi kipe, kandi ko azakomeza kuyifasha mu ntego zayo z'igihe kizaza.

Liam Rosenior yahakanye ibihuha bivuga ko Cole Palmer agiye kwerekeza muri Manchester United



Source : https://kasukumedia.com/liam-rosenior-yahakanye-ibihuha-bivuga-ko-cole-palmer-agiye-kwerekeza-muri-manchester-united/

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)