Ni ibyagarutsweho ku wa 30 Nzeri 2025, mu Nama y'Ihuriro ry'Abahinzi bo muri Afurika y'Uburasirazuba (EAFF), yabereye I Kigali.
Ni inama yitabiriwe n'abahinzi baturuka mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika y'Iburasirazuba (EAC) n'abafatanyabikorwa batandukanye, mu kwiga ku kwihaza mu biribwa no gukora ubuhinzi bw'igihe kirekire.
Iyi nkunga ya miliyari 44 Frw yiyongera ku zindi miliyari zirenga 127 Frw yari yatanzwe na EU binyuze mu Kigega Mpuzamahanga Giteza Imbere Ubuhinzi (IFAD).
Umuyobozi Wungirije w'Ishami rishinzwe Politiki y'Imari mu Ishami ry'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu Rwanda, Elise Hadman, yashimye umuhate w'ihuriro EAFF mu myaka 20 rimaze agaragaza ko ryagize uruhare mu guteza imbere abahinzi bato no kugaragaza ibyifuzo byabo.
Elise yavuze ko EU ku bufatanye na Banki ya Kigali (BK), bamaze gutanga inkunga irenga miliyari 170 Frw ku mashyirahamwe y'abahinzi bo mu Rwanda binyuze muri gahunda yiswe 'Global Gateway Strategy'.
Ati 'Ubu amashyirahamwe y'abahinzi n'abatunganya umusaruro amaze kubona amafaranga arenga miliyoni 75 z'ama-Euro (angana na miliyari 127 Frw) yatanzwe na EU ku bufatanye na BK binyuze mu kigega IFAD. Uyu munsi, twishimiye kongera kwemeza ko tugiye gutanga indi nkunga ya miliyoni 26 z'ama-Euro (miliyari 44 Frw) yose hamwe akaba amaze kurenga miliyari 170 Frw.'
Yongeraho ko EU izakomeza gutera inkunga no gushyigikira ibikorwa byo guteza imbere ubuhinzi kuri uyu mugabane mu rwego rwo kwihaza mu biribwa.
Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, yavuze ko iyi nkunga izafasha abahinzi, abatunganya umusaruro n'ibigo by'ubuhinzi kubona amafaranga yo kwagura ibikorwa no guhangana n'ingaruka z'imihindagurikire y'ikirere.
Ati 'Mu kwizihiza iyi myaka 20 EAFF imaze, turebe imbere mu guteza imbere ubuhinzi bw'igihe kirekire, kandi bwinjiriza Akarere kose. Iyo tubonye inkunga, tugomba kuyikoresha mu kongera umusaruro, si mu bikorwa byo kwishimisha. Ibi ni byo bizadufasha kugabanya icyuho cyo gutumiza ibiribwa hanze ya Afurika.'
Biteganyijwe ko inkunga yose y'Umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi mu buhinzi bw'u Rwanda izagera kuri miliyoni 500 z'ama-Euro hagati ya 2020 na 2030.





Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/eu-igiye-gutanga-miliyari-44-frw-ku-bahinzi-bo-mu-rwanda