Umunya-Espagne, Paula Ostiz, ni we wegukanye Shampiyona y'Isi y'Amagare irimo kubera mu Rwanda mu gusiganwa mu muhanda mu cyiciro cy'abakobwa batarengeje imyaka 19, abanyarwanda basoza isiganwa.
Kuri uyu wa Gatandatu hakinagwa umunsi wa 7 wa Shampiyona y'Isi y'Amagare aho hari hatahiwe icyiciro cy'abakobwa batarengeje imyaka 19 na 23.
Habanje abatarengeje 19 basiganwe ku ntera y'ibilometero 74 aho U Rwanda rwari ruhagrariwe na Masengesho Yvonne ari kumwe na Uwiringiyimana Liliane.
Umunya-Espagne Paula Ostiz niwe waje kwambikwa umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa ry'abangavu muri Shampiyona y'Amagare ya 2025 iri kubera i Kigali, aho yakoresheje amasaha abiri, iminota icyenda n'amasegonda 19.
Yabigezeho anyonze igare n'imbaraga nyinshi kuko yari kumwe na Chantal Pegolo wo mu Butaliyani wabaye uwa kabiri ndetse na Anja Grossmann wo mu Busuwisi wabaye uwa gatatu.
Ni mu gihe Umunya-Canada, Sidney Swierenga, nta mudali yabonye nubwo yakoresheje ibihe nk'iby'abakinnyi batatu bamutanze gukoza ipine mu murongo.
Mu 2024, Paula Ostiz w'imyaka 18, yari yegukanye umudali w'umwanya wa kabiri mu isiganwa ry'abangavu ryabereye i Zurich.
Uwiringiyimana Liliane na Masengesho Yvonne babaye Abanyarwandakazi ba mbere basoje isiganwa ry'abangavu batarengeje imyaka 19 muri Shampiyona y'Isi y'Amagare.
Kuri uyu wa Gatandatu, Masengesho Yvonne yabaye uwa 48 naho Uwiringiyimana Liliane aba uwa 49, bombi basizwe iminota 12 n'amasegonda 20 na Paula Ostiz wegukanye umudali wa Zahabu.