Chryso Ndasingwa yimuye amatariki y'ubukwe bwe na Sharon #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Abahanzi b'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Chryso Ndasingwa na Gatete Sharon bimuye itariki y'ubukwe bwabo.

Nyuma y'uko ku wa 25 Kamena 2025 Ndasingwa yambitse impeta Getete Sharon bakemeranya kurushinga, tariki ya 4 Nzeri 2025 basezeranye imbere y'amategeko.

Akaba yarafashe irembo ku wa 22 Kamena 2025, ari nabwo benshi bamenye inkuru y'urukundo rwabo.

Baheruka kwerekanwa mu rusengero tariki 29 Kamena 2025. Berekanywe mu rusengero rwa Newlife Bible Church Kicukiro ari naho Ndasingwa asanzwe asengera.

Ubukwe bwa bo bukaba bwagombaga kuba tariki ya 22 Ugushyingo 2025 ariko amakuru avuga ko bahisemo kubukora mu Kwakira 2025 ku mpamvu bataratangaza.

Si ubukwe gusa bimuye kuko n'Igitaramo bagombaga gukorera mu Bubiligi tariki ya 8 Ugushyinho kimuriwe tariki ya 23 Ugushyingo 2025.

Bimuye ubukwe bwa bo
Igitaramo bagomgaga gukorera mu Bubiligi



Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11947

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)