Rutsiro: Polisi yafunze babiri bakekwaho kwica mugenzi wabo basangiye inzoga - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Amakuru y'uru rupfu yamenyekanye ahagana Saa Sita z'ijoro rishyira kuri iki Cyumweru, mu Murenge wa Ruhango, Akagari ka Kavumu ho mu Mudugudu wa Gasasa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Iburengerazuba, SP. Sylvestre Twajamahoro mu kiganiro na IGIHE yavuze ko uru rupfu rwakomotse ku makimbirane.

Ati 'Polisi ikimara kumenya amakuru yahise ijyayo isanga Rukeratabaro ku nzira yapfuye afite igikomere mu gahanga bigaraga ko ari ikintu bamukubise, iperereza ryahise ritangira hafatwa babiri bakekwa, aba bari kumwe na nyakwigendera ku kabari baratahana bagenda batongana bapfa ko mugenzi we yanze kumugurira inzoga.'

Yakomeje asaba abaturage kwirinda amakimbirane, arimo n'ayo usanga akomoka ku businzi no kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku Bitaro bya Murunda gukorerwa isuzumwa mbere y'uko ushyingurwa.

Abakekwa bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ruhango mu gihe iperereza rikomeje.

IGIHE yamenye amakuru ko nyakwigendera yabanaga na se umubyara w'imyaka 80, kubera ko ashaje akajya amushuka bakagurisha amasambu abavandimwe batabizi, ndetse mu bafunzwe harimo umugabo wa mushiki we, aho bikekwa ko amakimbirane yakomotse kuri ayo masambu.




Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rutsiro-polisi-yafunze-babiri-bakekwaho-kwica-mugenzi-wabo-basangiye-inzoga

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)