Umwihariko w'Ikigo cy'icyitegererezo kizigisha iby'umutekano w'ikoranabuhanga - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Byagarutsweho mu nama nyunguranabitekerezo izwi nka 'Rwanda Internet Governance Forum 2024- RIGF', yigira hamwe imikoreshereze ya internet.

Iyi nama itegurwa n'Ikigo gihagarariye abakoresha murandasi no guteza imbere Indangarubuga y'u Rwanda [RW], RICTA, igahuriza hamwe inzego za Leta n'iz'abikorera zifite aho zihuriye n'ikoranabuhanga n'abo mu burezi.

Kuri uyu wa 5 Kamena 2025, Ubuyobozi bwa NCSA bwatangaje ko muri gahunda yo gukomeza guteza imbere ikoranabuhanga n'umutekano w'amakuru, mu Rwanda hagiye gufungurwa ikigo cy'icyitegererezo cyigisha ibirebana n'umutekano mu by'ikoranabuhanga.

Ni ikigo kizajya gitanga amasomo ajyanye no gucunga umutekano mu by'ikoranabuhanga, kikazajya cyiyatanga ku baturutse mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika.

Hagaragajwe ko kuri ubu hari gukorwa ibikorwa byo kwandika abashaka kongera ubumenyi mu bijyanye no gucunga umutekano w'amakuru mu by'ikoranabuhanga ndetse ko mu mezi abiri ari imbere gishobora gufungura imiryango nta gihindutse.

Iki kigo cyigisha ibirebana n'umutekano w'ikoranabuhanga, Cyber Academy, kigiye gutangizwa kizaba ari icyitegererezo mu karere mu gutanga ubwo bumenyi ku bakora mu rwego rw'ikoranabuhanga.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ikoranabuhanga, Iradukunda Yves, aherutse gusobanura ko icyo kigo kizakorera muri Kaminuza y'u Rwanda, Ishami ry'Ikoranabuhanga, CST.

Icyo gihe na we yari yavuze ko imirimo yo gutunganya aho kizakorerwa irimbanyije kandi ko biteze ko uyu mwaka uzarangira cyatangiye gutanga amasomo.

Ati 'Ni ikigo gishinzwe kuzamura ubumenyi ku bijjyanye n'umutekano mu by'ikoranabuhanga, bazajya bakorana n'abandi kandi dushaka ko kiba ikigo cy'icyitegererezo mu karere muri ibyo. Bisobanuye ko n'abantu bo hanze bashobora kuhaza mu bijyanye no guhabwa ayo mahugurwa.'

Yasobanuye ko ari ikigo kizaba gitanga amahugurwa ku bakora mu rwego rw'ikoranabuhanga hagamijwe gukarishya ubumenyi no kubwongera mu birebana no gucunga umutekano w'ikoranabuhanga.

Ikigo cy'icyitegererezo cyigisha ibirebana n'umutekano w'ikoranabuhanga kigiye gufungura imiryango



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ikigo-cy-icyitegererezo-cyigisha-ibirebana-n-umutekano-w-ikoranabuhanga-kigiye

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)