Turahirwa Moses atewe ipfunwe n'uburyo afatwa nk'umwe mu bagize LBGTQ - #rwanda #RwOT

webrwanda
0

Moses yakunze gushyira hanze amafoto yavuzweho byinshi, kugera ubwo hari n'iyagiye hanze bisa nk'aho yambaye ubusa.

Yanyuze muri byinshi birimo n'igihe yatabwaga muri yombi, bamwe bagakeka ko yazize imiterere ye dore ko hari hashize amezi atatu hasohotse amashusho bivugwa ko ari aye ari gukorana imibonano mpuzabitsina n'abandi bahuje igitsina.

Yaje gutabwa muri yombi azira icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.

Turahirwa w'imyaka 33 yavuze ko hari byinshi bitamushimisha ku buryo afatwa n'abantu, avuga ko bamufiteho imitekerereze itari myiza.

Aganira na France 24 yagize ati 'Siniyumva neza iyo ndi mu ruhame kubera ko numva abantu bamfiteho imitekerereze itari myiza.'

Turahirwa yavuze ko umuryango we ndetse n'akazi ke, ari byo bimuhumuriza mu gihe ari guhura n'ibizazane kubera imiterere ye.

Yavuze ko gukora 'Imideli…biguha uburenganzira bwo kuba uwo ushaka kuba we.'

Icyakora ngo Turahirwa ntaraganira n'ababyeyi be ku bijyanye n'imiterere y'umubiri we, ati 'Ibyo ntitubivugaho, nta kintu nabivugaho.'

Ku rundi ruhande, Turahirwa ari gushyira imbaraga mu gukora imideli, ariko akazibanda ku gukora imideli iri ku rwego rwo hejuru, ariko nanone igenewe abantu bake cyane.

Photo by @ LUIS TATO / AFP



Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/turahirwa-moses-atewe-ipfunwe-n-uburyo-afatwa-mu-muryango-nyarwanda

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)