No title

webrwanda
0

Amakipe ari gukina umupira udashamaje nk'uko abantu bari babyiteze, kuko amakipe antabwo ari kugera imbere y'izamu

17" Musanze FC ibonye kufura hafi y'izamu, ku ikosa ryari rikorewe Nijyinama ariko ikosa barihannye umupira barawamurura.

Musanze FC yambaye imyenda yayo y'imituku mu gihe APR FC yambaye imyenda y'umukara ariko ifite amaboko y'umweru.

nk'umukino w'ikipe ya mbere ndetse n'iya kabiri, twavuga ko abafana barumbye kuko muri sitade haracyarimo imyanya


Abakinnyi 11 Musanze FC yabanje mu kibuga

Muhawenayo Gad

Ntijyinama Patrick

Kwizera Tresor

Muhire Anicet

Bakiki Shafik

Nduwayo Valeur

Kokoete Udo Ibior

Nshimiyimana Clement

Sulley Mohammed

Lethabo Mathabo

Solomon Adeyinka

05" Lethabo Mathabo abonye ikarita y'umuhondo ku ikosa akoze ku bwende, kuko umukinnyi amuhaye umupira abonye atawugeraho, awufata n'intoki.

15:08" Umukino uratangiye: Reka rwongere tubahe ikaze nshuti bakunzi ba InyaRwanda, tigoye kubagezaho umukino wa Musanze FC vs APR FC ku buryo bwa Live, umukino ukaba uri kubera mu karere ka Huye.

Abakinnyi 11 APR FC yabanje mu kibuga mu kibuga

Pavelh Ndzila

Niyomugabo Claude

Ombolenga Fitina

Ishimwe Christian

Niyigena Clement

Nshimiyimana Yunussu

Taddeo Lwanga

Niyibizi Ramadhan

Ruboneka Bosco

Kwitonda Alain

Bizimana Yannick

15:00" Amakipe yombi avuye mu rwambariro

14:44" Abakinnyi ku ruhande rwa APF FC na Musanze FC basubiye mu rwambariro, bakagaruka umukino utangira


14:00 PM" Amakipe yombi yinjiye mu kibuga ahe kwishyushya, yitegura itangira ry'umukino.

13:30" APR FC igeze ku kibuga. APR FC iherutse gutsinda Musanze FC mu mikino y'igikombe cy'Intwari, ikaba ishaka no kubishimangirira i Musanze



Abafana b'abana batangiye kwinjira hakiri kuko umufana wa mbere yageze muri sitade habura amasaha atatu ngo umukino utangire


Imodoka z'abafana ba APR FC zikigera mu mujyi wa Musanze, zabanje kuwuzenguruka zibona kujya kuri sitade


Ki isaha ya saa 12:00 PM nibwo imodoka 2 zari zitwaye ikipe ya APR FC zageze mu mujyi wa Musanze. Ku isaha ya saa 13:03" igikundi cy'abafana ba APR FC bari bafite imodoka zirenga 5 cyari kigeze mu mujyi wa Musanze FC.

Ni umukino ugiye kubera kuri sitade y'Ubworoherane, sitade ikipe ya Musanze FC isanzwe yakiriraho imikino yayo. Ku isaha ya saa 15:00 PM, umukino uraba utangiye. APR FC iri ku mwanya wa mbere n'amanota 36, mu gihe Musanze FC iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 33, gusa APR FC ifite ibirarane 2 mu gihe Musanze FC ifite ikirarane kimwe.

Muri shampiyona, aya makipe amaze guhura imikino 24, Musanze FC imaze gutsinda imikino 2, itakaza 18 banganya 4. Musanze FC iheruka gutsinda APR FC tariki 16 Gashyantare, nabwo ikaba yarayitsindiye i Musanze. Mu mukino ubanza wa Shampiyona, APR FC yatsinze Musanze FC ibitego 2-1 uyu mukino ukaba wari ikirarane.



Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139344/live-musanze-fc-yakiriye-apr-fc-mu-mukino-wo-kwihorera-amafoto-139344.html

Post a Comment

0Comments

Post a Comment (0)